Ni uburyo bwo gukoresha ubumenyi bugezweho mu bijyanye n’ibijyabuzima hifashishijwe ikoranabuhanga ry’uturemangingo mu guteza imbere ibihingwa hagamijwe ubuhinzi no kongera umusaruro w’ibiribwa mu gihugu.
Bisaba ikoranabuhanga ririmo guhindura uturemangingo tw’igihingwa kugira ngo cyongererwe ubudahangarwa ku ndwara n’udukoko.
Leta y’u Rwanda ku bufatanye na International Potato Center n’ibindi bigo mpuzamahanga by’ubushakashatsi, bitewe inkunga na Bill & Melinda Gates Foundation, yatangije umushinga mushya w’imyaka itanu witwa Rwanda BioCap Project, ugamije kubaka ubushobozi bw’igihugu muri uru rwego rwo guteza imbere ibihingwa.
Ni umushinga uzafasha mu kubaka Ikigo cy’icyitegererezo mu bijyanye no guteza imbere ibihingwa hisunzwe ikoranabuhanga rigezweho kizaba kigenzurwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi, RAB.
Iki kigo kizagira uruhare rukomeye mu kubakira ubushobozi Abanyarwanda, bakagira ubumenyi mu bijyanye no guhindura uturemangingo tw’ibihingwa n’ibindi bijyana na two ariko nta ngaruka bigize.
Ni gahunda izaha ubushobozi u Rwanda bwo guteza imbere, kugenzura no gutanga imbuto zitejwe imbere bijyanye n’izikenewe mu gihugu, bifashe mu kwihaza mu biribwa, kwihanganira impinduka z’ikirere, no guteza imbere ubuhinzi burambye.
Uyu umushinga Kandi uzibanda ku bihingwa bikenewe cyane mu Rwanda mu bijyanye no kwihaza mu biribwa, birimo, ibirayi, imyumbati n’ibitoki.
Umunyamabanga wa Leta muri MINAGRI, Dr. Solange Uwituze, yavuze ko uru rwego rukomeje kugirwaho ibibazo bitandukanye birimo udukoko dushya, n’indwara zibasira ibihingwa nk’imyumbati, ibirayi ibitoki, byose bitizwa umurindi n’ingaruka z’ihindagurika ry’ibihe.
Dr. Uwituze yavuze ko ari yo mpamvu u Rwanda rwiyemeje kwishakamo ibisubizo bishingiye kuri siyansi birimo n’ubu buryo bushya bwo guteza imbere ibihingwa mu kubirinda no kongera umusaruro.
Yavuze ko ari ubu buryo bwanateganyijwe muri Gahunda ya Gatanu y’impinduramatwara mu buhinzi y’imyaka itanu (PSTA5). Izatwara miliyari 5,4 $. Na gahunda ya kabiri yo kwihutisha iterambere. Igamije kongera umusaruro w’ubuhinzi ho 50%.
Uyu muyobozi yavuze ko u Rwanda rurajwe ishinga no kugeza izi mbuto zitunganyijwe ku bahinzi mu buryo bwa vuba bushoboka
Kugeza ubu urwego rw’ubuhinzi rwihariye 70% by’ibihingwa byoherezwa mu mahanga. Uru rwego kandi rwihariye 90% by’ibiribwa bikenerwa mu gihugu. Ubu hegitari miliyoni 1,4 z’ubutaka ni zo zagenewe ubuhinzi.
Dr. Uwituze yavuze ko muri ubu butaka bwagenewe guhinga ubugera kuri hegitari ibihumbi 600 bwahurijwe muri gahunda y’ibyanya bigega yaguye yo guhuza ubutaka buri ku buso buto izwi nka “Food Basket Sites:FoBaSi”, ndetse na ho iri koranabuhanga rizakoreshwa.


