Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu REG, yiseguye ku bakoresha amashanyarazi kubwo kuba muri iyi minsi hagaragara ibura ryayo biturutse ku mirimo yo gusana no kwagura imiyoboro y’amashanyarazi, bityo bigateza ibura ry’umuriro hamwe na hamwe.
Mu bihe bitandukanye umuntu aho ari abona umuriro w’amashanyarazi ugiye, mu bihe bimwe habayeho kumenyesha abahatuye ko baza kubura amashanyarazi mu masaha runaka.
Mu itangazo REG yasohoye kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025, ryisegura ku bakoresha amashanyarazi kubw’iki kibazo n’ibibazo cyateje ivuga ko iri mu nzira zo gukemura iki kibazo mu buryo bwa burundu.
Mu ntangiriro z’Ugushyingo 2025, umuriro w’amashanyarazi waburiye rimwe mu bice bitandukanye by’uturere twa Kayonza, Huye, Rubavu, Gisagara, Nyamagabe, Muhanga Musanze, Kamonyi, Rwamagana, Gatsibo, i Rilima mu Karere ka Bugesera kandi ko no muri uku kwezi k’Ukuboza hagiye hagaragara iki kibazo mu bice bitandukanye by’igihugu.
Kugeza ubu ingo zigerwaho n’amashanyarazi mu Rwanda zigera kuri 85% mu mwaka wa 2025 mu gihe zari munsi ya 2% mu 2000.



