Mu ngabo z’u Rwanda hinjiyemo ba ofisiye bato batanu basoje amasomo bari bamaze imyaka ine bahererwa mu mashuri atandukanye ya gisirikare yo muri Qatar.
Ni amasomo aba basirikare basoje kuri uyu wa 22 Mutarama 2026, mu muhango witabiriwe na Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al-Thani.
RDF yahagarariwe n’Ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda muri Qatar (Defence Attaché), Col Bernard Niyomugabo nk’uko Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu cyo mu Burasirazuba bwo Hagati yabitangaje.
Mu bihe bitandukanye, abasirikare b’u Rwanda bakomeje guhabwa amahugurwa mu mashuri ya gisirikare ya Qatar.
Muri Mutarama 2025 na bwo abasirikare icyenda ba RDF basoje amasomo bari bamazemo imyaka ine muri Qatar, binyuze mu bufatanye bw’u Rwanda n’iki gihugu.
Na bwo bize mu mashuri ya gisirikare atandukanye yo muri Qatar, aho bakuye ubumenyi bunyuranye mu bijyanye n’uyu mwuga wo kurinda ubusugire bw’igihugu.
Ni umuhango wari witabiriwe n’itsinda ry’abayobozi batandukanye bari baturutse mu Rwanda, bari bayobowe n’Umuyobozi w’Ishuri rya Gisirikare rya Gako, Brig Gen Franco Rutagengwa.
U Rwanda ni inshuti ya Qatar, aho ibihugu byombi bifitanye umubano mu nzego zitandukanye nk’ishoramari n’umutekano.
Uretse ubufatanye mu bijyanye n’igisirikare, mu mpera za 2024 Polisi y’u Rwanda n’Urwego rushinzwe umutekano imbere muri Qatar byasinye amasezerano y’imikoranire mu byerekeye umutekano no guhangana n’ibyaha.
Ibihugu byombi kandi bifitanye imikoranire mu bijyanye n’ubwikorezi bwo mu kirere, aho biteganyijwe ko mu minsi iri imbere Qatar Airways izegukana imigabane 49% muri RwandAir.


