Ikigo cy’Ubwongereza Maritime Trade Operations Centre (UKMTO) cyatangaje ko andi mato abiri amaze kuraswaho mu muhora wa Hormuz uyu munsi.
Icyo kigo kiyoborwa n’igisirikare kirwanira mu mazi cy’Ubwongereza cyavuze ko ubwo bwato bwarasiwe ku ntera ya 14km uvuye ku mwaro wa Iran kandi ko bukiri aho bwarasiwe.
BBC Verify yamenye ko ubwo bwato bw’ubwikorezi bwanditse ku gihugu cya Panama ariko ari ubwa kompanyi yo muri Emira Zunze Ubumwe z’Abarabu.
Igitero kuri ubu bwato gikurikiye ikindi cyagabwe nacyo uyu munsi n’ingabo za Iranian Revolutionary Guard Corps (IRGC) ku bwato bw’Ubugereki bwitwa Epaminondas buri muri 27km uvuye ku mwaro wa Oman, nk’uko byatangajwe na UKMTO.
Nyuma, ubwato bwa gatatu nabwo bwarashweho burimo kugerageza guca mu muhora wa Hormuz nk’uko BBC Verify ibikesha ikigo Vanguard cy’ubutasi mu nyanja.
Ubwo bwato, MSC Francesca, nabwo bwa Panama bwarasiwe ku ntera ya 11km uvuye ku mwaro wa Iran bwerekezaga hanze y’uwo muhora.
Vanguard ivuga ko MSC Francesca bwategetswe n’ingabo za IRGC za Iran guhita buhagarara aho bwari bugeze.

