Komisiyo y’amatora ya Uganda yemeje ko Yoweri Kaguta Museveni yatsinze amatora ya Perezida wa Repubulika n’amajwi 71% mu gihe uwo bari bahatanye cyane Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi cyane nka Bobi Wine yagize amajwi 24% naho abandi bakandida batandatu bakagabana asigaye, uwaje hafi akagira 1%.
Ibyavuye mu matora yabaye ku wa kane w’iki Cyumweru bitangajwe nyuma y’amasaha macye Bobi Wine atangaje amashusho avugamo ko ibigiye gutangazwa na Byabakama, Perezida wa komisiyo y’amatora ari ‘fake’ (atari byo).
Ibyatangajwe bisobanuye ko Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 81 atorewe manda ya karindwi yikurikiranya nka Perezida wa Repubulika ya Uganda izatuma aguma ku butegetsi kugeza mu 2031 aho azaba yujuje imyaka 86 y’amavuko n’ubwo hari abavuga ko imyaka ye yagabanyijwe cyane.
Ibyavuye mu matora bitangajwe nyuma y’iminsi itanu internet ikuweho muri Uganda. Leta yo ariko ivuga ko yafashe iki cyemezo mu rwego rwo kubungabunga umutekano w’Igihugu muri iki gihe cy’amatora no kwirinda amakuru atari yo.
Bobi Wine n’abo mu ishyaka rye NUP bavuga ko gufunga internet bigamije gukora uburiganya mu matora, isi itareba ibirimo kuba.
Komisiyo y’amatora yavuze ko abatoye bose hamwe ari abantu miliyoni 11.3 bangana na 52% by’abari biyandikishije gutora. Iyi komisiyo ivuga ko amajwi agera ku bihumbi 275 yabaye imfabusa, ayo akangana na 2.4%.


