Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye Emir wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, watangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda.
Uru ruzinduko twatangiye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 20 Ugushyingo 2025, rwitezweho kongera imbaraga no gusigasira umubano Ibihugu byombi bifitanye mu nzego zitandukanye zirimo ishoramari mu bikorwa by’ubukerarugendo, ubukungu na dipolomasi.
Bimwe mu bikorwa u Rwanda na Qatar bafatanya, harimo ubwikorezi bwo mu kirere aho Sosiyete nyarwanda, Rwandair ifite imikoranire ya hafi na Sosiyete ya Qatar, Qatar Airways.
Si ibi gusa kandi kuko Qatar ifite uruhare mu kubaka Ikibuga gishya cy’Indege mpuzamahanga cya Kigali kiri i Bugesera, imirimo yo kucyubaka ikaba igeze kure aho cyitezweho ko kizaba kiri mu bibuga byiza ndetse binini kuri uyu mugabane.
Qatar kandi igira uruhare mu mahugurwa y’inzego z’umutekano nko gutoza abasirikare badasanzwe (Special Forces), ikaba inakomeje kugira uruhare mu guhoshya no gucubya umwuka mubi ukomeje gututumba mu karere k’ibiyaga bigari.


