MRDP-Twirwaneho yemeje ko Ihuriro ryayo hamwe na AFC/M23 birukanye Ihuriro ry’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa mu gace ka Gakenke gaherereye mu misozi miremire ya Fizi, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Amakuru y’iyi ntsinzi yemejwe na Colonel Rugabo Fidèle uvugira MRDP-Twirwaneho, uyu akaba anakunze kugaragara cyane asobanura uko urugamba rwo mu misozi miremire rwifashe, aho adatinya no kwegera cyane imirongo y’urugamba agatanga amakuru.
Mu butumwa yacishije ku rukuta rwe rwa X, Colonel Rugabo yagize ati: “Gakenke cyane cyane ahazwi nko kwa Rutaganda n’umusozi wa Sinai habohowe. FNDB, FDLR, FARDC n’abo bafatanya batataniye mu nzira zirindwi.”
Uyu musirikare yunzemo ko MRDP-Twirwaneho izakomeza kwirwanaho no kurinda abaturage, inashimangira ko urugamba rukomeje.
Agace ka Gakenke kafashwe nyuma y’uko ku Cyumweru tariki 21 Kamena 2026, Ihuriro ry’ingabo za Leta ryagerageje ibitero byo kwisubiza uduce zari zatakaje mu mpera z’icyumweru gishize.
Hari andi makuru ariko avuga ko MRDP-Twirwaneho ari yo yaba yaragabye ibitero mu nkundura irimo yo kwigiza kure umwanzi, bikaba binavugwa ko baba bamaze no kwigarurira Mikenke, n’ubwo uyu mutwe utaremeza aya makuru ku mugaragaro.
Utu duce turiyongera ku tundi nka Buhimba, Ilundu, kwa Harera na Ruhinamavi; uduce ingabo za Leta zagenzuraga mbere y’ibitero bikomeye zagabye zigerageza kwigarurira Centre ya Minembwe ariko bikababyarira amazi nk’ibisusa.

