Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yatanze ibimenyetso bihinyuza abahora bashaka kugaragaza ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatewe n’ihanurwa ry’indege ya Habyarimana Juvénal wabaye Perezida w’u Rwanda.
Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiyo y’Igihugu ku wa 5 Mata 2026, Minisitiri Bizimana yagaragaje ko guhuza ihanuka ry’iyo ndege na Jenoside yakorewe Abatutsi ari ukwigiza nkana kuko mu gisobanuro cya ‘Jenoside’ harimo ko ari umugambi utegurwa ugamije kurimbura abantu hashingiwe ku bwoko, ubwenegihugu, ibara ry’uruhu cyangwa idini.
Minisitiri Bizimana kandi yasobanuye ko uwo mugambi uba ushyigikiwe n’ubuyobozi buriho kuko atari ikintu cyashoboka butabigizemo uruhare.
Ati “Iyo habayeho umugambi wo kwica abo bantu hagendewe kuri bintu bine, iba ari Jenoside. Ku Batutsi bo mu Rwanda rero Leta kandi ya Habyarimana yateguye umugambi wo kubica bose ishingiye ku bwoko bwabo bwanditse mu ndangamuntu zashyizweho na Leta.”
Minisitiri Bizimana yasobanuye ko uruhare rwa Habyarimana muri Jenoside yakorewe Abatutsi ruhera ku kuba ari we musirikare wa mbere ku rwego rwa ofisiye u Rwanda rwagize ndetse aba umuyobozi w’ingabo ariko zari zishingiye ku ivangura.
Ati “Ingabo z’u Rwanda zashinzwe mu mwaka wa 1959 zishinzwe n’Ababiligi babiri. Zimaze kujyaho rero ibyashingirwagaho ngo umuntu azinjiremo harimo ko zigomba kuba zigizwe n’Abahutu gusa kandi ko Umututsi uzajya ashaka kwinjiramo bazajya bamubwira ko adashoboye.”
“Ibyo byagiye mu mabwiriza y’izo ngabo kandi Habyarimana ni we wabaye umwofisiye wa mbere uyobora izo ngabo zigendera ku irondabwoko Hutu. Yatojwe gutyo aba ari ko aziyobora noneho bigeze mu 1962 zica Abatutsi barenga 2000 i Byumba bazira ko ngo hateye Inyenzi zivuye i Bugande.”
Minisitiri Bizimana yavuze ko kwibasira Abatutsi byakomeje ndetse Habyarimana wari uyoboye ingabo yemeranya na Kayibanda Grégoire wari Perezida ko uko Inkotanyi zizajya zitera bazajya bica Abatutsi bari mu Rwanda kandi icyo gihe hari kera cyane mbere y’uko ya ndege ihanurwa.
Yongeyeho ko mbere ya 1994 Habyarimana yagize uruhare rugaragara cyane mu mugambi wo kurimbura Abatutsi bijyanye n’inshingano yakoze mbere yo kuba Perezida.
Ati “Abigiza nkana bumve ko intangiriro y’ubutegetsi bwa Habyarimana yari intangiriro y’ubutegetsi bwica. Ntabwo Habyarimana yayoboye ari umuntu ugendera mu kuri, yari mu butegetsi bwica kuko yamaze imyaka 11 ari Minisitiri w’Ingabo na Polisi wa Kayibanda, rero ni we wayoboraga ibyo bikorwa byose akohereza ingabo n’abapolisi.”
Iby’uruhare rwa Habyarimana muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu kuyitegura kandi byanabonwe n’imiryango mpuzamahanga ndetse ibitangaho umuburo ku butegetsi bwe nubwo nta cyabikozweho kandi icyo gihe indege yari itarahanurwa.
Ati “Hari raporo yakozwe na Amnesty International mu 1992 igaragaza ko hari abantu bamaze kumenyekana bishwe na Leta ya Habyarimana mu bice bitandukanye bagera ku 1000, bakora urutonde rwabo. Bari Abatutsi n’abandi Bahutu bagaragaza ko hakwiye kuba impinduka.”
“Indi ni iyakozwe n’imiryango itatu yiteranyije Leta ibemerera kuza gukora iperereza muri Perefegitura za Gisenyi, Ruhengeri n’igice cya Byumba mu 1993. Iyo raporo yerekanye ko mu Rwanda hari umugambi wo kumaraho Abatutsi ndetse watangiye gushyirwa mu bikorwa kandi ko uyobowe n’agatsiko k’abakomeye mu bategetsi bayobowe na Perezida Habyarimana n’umugore we ndetse n’indi raporo yakozwe na Loni yarabishimangiye.”
Hari kandi n’abadipolomate bari mu Rwanda mbere ya Jenoside barimo uwari Ambasaderi w’u Bufaransa n’abandi bagaragaje ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi, hamwe n’ibinyamakuru birenga 20 byo mu mahanga mu 1964 byatangaje ko ibiri kubera mu Rwanda ari Jenoside.
Ibyo byatumye Musenyeri André Perraudin wayoboraga Diyosezi Gatolika ya Kabgayi wari inshuti ikomeye ya Kayibanda amugira inama yo guhakana ayo makuru maze bohereza mu mahanga uwayoboraga Inteko Ishinga Amategeko kugira ngo asobanure ko Inyenzi zateye mu Rwanda noneho ngo birwanaho, barazica ariko ko Batutsi abari imbere mu gihugu bishwe.
Ati “Aho ni ho ibikorwa byo gupfobya Jenoside byatangiriye kandi izo ngabo zakoraga ibyo ni Habyarimana wari uziyoboye.”
Gen. Romeo Dallaire wari uyoboye ubutumwa bwa Loni bwo kugarura amahoro mu Rwanda yagaragaje muri Mutarama 1994 ko imyiteguro ya Jenoside igeze kure ndetse ko n’intwaro zizakoreshwa zatangiye kwegeranywa nubwo nta cyabikozweho.
Dr. Bizimana yaboneyeho kwiyama umuryango wa Habyarimana ukomeje gukaza umurego mu kumugira umutagatifu imbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abandi bagoreka amateka nkana bakagera ubwo bavuga ko ihanurwa ry’indege ari yo ntandaro yayo nyamara ukuri kw’amateka kubigaragaza neza.
Indege yari itwaye Habyarimana yahanuriwe i Kigali irashwe ku itariki 6 Mata 1994 ubwo yari avuye mu mishyikirano i Arusha muri Tanzania ndetse bukeye bwaho ku itariki 7 umugambi wo kurimbura Abatutsi mu gihugu hose wahise utangira gushyirwa mu bikorwa byeruye. (Igihe)

