Impunzi z’Abarundi 115 ziganjemo izabaga mu Nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe kuva mu 2015 zatashye zinyuze ku Mupaka wa Nemba mu Karere ka Bugesera.
Urugendo rwo gufasha abo Barundi gusubira iwabo rwatangiriye i Kirehe n’i Kigali mu gitondo cyo kuri uyu wa 25 Ugushyingo 2025 aho aba mbere bongeye gukandagira ku butaka bw’igihugu cyabo saa 13:25 nyuma yo kwambuka umupaka wa Nemba.
Mu 115 batashye harimo abagore 58 n’abana 51 babarirwaga mu miryango 58 harimo abantu 107 babaga mu Nkambi ya Mahama n’abandi umunani babaga i Kigali.
Umuyobozi ushinzwe gahunda z’Impunzi muri Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, Karagire Gonzague yavuze ko gucyura izo mpunzi byakozwe nyuma yo kugaragarizwa ko zibishaka.
Bamwe muri izo mpunzi biganjemo abari bafite abana babyariye mu buhungiro, bavuze ko nubwo ubuhunzi ari ubuzima bugoye bishimira ubuzima babayemo mu Rwanda.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi igaragaza ko kuva ku itariki 27, 2020 impunzi z’Abarundi zimaze gutaha zose hamwe ari 30.907.
Ni mu gihe hakiri izindi 52.862 ziri mu Rwanda barimo abagera kuri 42.421 bari mu Nkambi ya Mahama n’abandi bari ahandi hatandukanye.


