Amizero
Ahabanza Amakuru Amatangazo Politike Umutekano

DR Congo: Imwe mu mitwe ya Wazalendo yasubiranyemo bica igikuba mu baturage.

Imwe mu mitwe y’inyeshyamba yiswe Wazalendo ikomeje kuba umuzigo ku baturage, kuri ubu hakaba hadutse imirwano hagati y’umutwe wa Nyatura ya Jeneral Kigingi ihanganye na APCLS ya Karayire Janvier mu gace ka Gikoma muri Teritwari ya Masisi.

Mu bice iyi mitwe iri guhanganiramo, abaturage bakomeje guhunga berekeza mu gace ka Gatoyi, abandi bakaba bakomeje gukwiragira impande n’impande kubera iyi mirwano y’abitwa ko bari basanzwe bahuje umugambi.

Amakuru ava mu gace ka Gatoyi avuga ko abarenga ibihumbi icumi (10 000) bamaze kuva mu byabo berekeza muri aka gace kandi ko n’abandi bakiri kuza kuko imirwano igikomeje nk’uko byemezwa n’abakiri muri aka gace ko muri Teritwari ya Masisi, Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Intandaro y’iyi mirwano ngo ni uko buri ruhande muri izi nyeshyamba rwifuza kuba arirwo ruyobora isantere ya Gikoma kugira ngo imisoro yo muri ako gace rube arirwo ruyakira kuko muri ako gace nta musirikare wa Leta uhabarizwa.

Nyamara n’ubwo bimeze bityo, iyi mitwe y’inyeshyamba yari imaze igihe ikorera hamwe kuko yose ifatanya na FARDC ku rwanya inyeshyamba za M23, nyamara intambara ikaba idacika hagati yabo.

Depite Sebishyimbo ukomoka muri Masisi, yabwiye BBC ko uku gusubiranamo barwanira imisoro biterwa nuko Leta itaragira icyoo ibagenera nk’igihembo kandi bayifasha muri byinshi, bityo ngo bakaba bahitamo kwirwanaho ari nabyo bituma barwana hagati ubwabo.

Related posts

Ambasaderi wa Kenya i Kinshasa yatumijweho ikubagahu n’ububanyi n’amahanga bwa RDC.

NDAGIJIMANA Flavien

Itariki y’urubanza rwa Kabuga Félicien mu mizi yamenyekanye.

NDAGIJIMANA Flavien

Menya byinshi ku ‘isata’ yagaragaye mu kiyaga cya Ruhondo muri Musanze benshi bakemeza ko ibyo babonye ari amayobera.

NDAGIJIMANA Flavien

Leave a Comment