Amizero
Ahabanza Amakuru Hanze Politike Umutekano

Ukraine yarashe ubwato bw’u Burusiya butwara ibikomoka kuri peteroli hafi ya Crimea.

U Burusiya bwatangaje ko hari ubwato bw’iki Gihugu butwara ibikomoka kuri peteroli bwagabweho igitero na Ukraine mu Nyanja y’Umukara mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu.

U Burusiya bwatangaje ko icyumba kirimo moteri y’ubwo bwato bwarimo abantu 11 cyangiritse ariko ko nta n’umwe wagikomerekeyemo.

Inkuru ya BBC ivuga ko Ukraine nta cyo yari yabitangazaho ku mugaragaro ariko umukozi wo mu rwego rw’ubutasi rwa Ukraine yavuze ko ubwato buto bwo mu nyanja butarimo ubutwaye (sea drone) ari bwo bwakoreshejwe mu kugaba iki gitero.

Iki gitero kibaye icya kabiri mu minsi ibiri gikoreshejwemo intwaro nk’izo nubwo u Burusiya bwavuze ko nta cyangiritse mu gitero cyo ku wa Gatanu. Inzego za Ukraine zo zavuze ko cyangije amato y’intambara y’u Burusiya.

Ubunigo bwa Kerch aho igitero cyabereye buhuza Inyanja y’Umukara n’Inyanja ya Azov, bugatandukanya Crimea (umwigimbakirwa wa Ukraine u Burusiya bwiyometseho mu 2014) n’umwigimbakirwa wa Taman w’u Burusiya.

Related posts

Agapfundikiye Niyo Bosco azaniye abakunzi be ubwo yizihiza isabukuru ye

NDAGIJIMANA Flavien

Mali: Ibikorwa byose by’amashyaka ya politiki byahagaritswe.

NDAGIJIMANA Flavien

ICGLR yahaye umugisha ibyo kohereza Ingabo za SADC mu Burasirazuba bwa DR Congo.

NDAGIJIMANA Flavien

Leave a Comment