Perezida wa Benin, Patrice Talon, yatangaje ko Guverinoma n’Ingabo z’iki gihugu byaburijemo coup d’État yari yateguwe n’itsinda ry’abasirikare, anizeza ko inihano bikomeye ku bari babyihishe inyuma.
Ibi Talon yabitangaje ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru nyuma y’amasaha agera kuri 12 imirwano n’amasasu byumvikanye mu bice bitandukanye by’umurwa mukuru, Cotonou, ndetse abasirikare bakajya kuri televiziyo ya Leta bavuga ko bamukuyemo ku butegetsi.
Talon yavuze ko kwihutira gukorana n’ingabo z’abizerwa z’iki gihugu ari byo byatumye bahangana n’abo yise “abashukanyi” bityo umugambi wabo ukabapfubana.
Amakuru dukesha Jeune Afrique, avuga ko aba basirikare basubijwe inyuma n’abandi badashyigikiye uyu mugambi.
Aba basirikare bayobowe na Lieutenant-Colonel Pascal Tigri, bari babashije gufata televiziyo y’igihugu, ari na ho batambukije ubutumwa buvuga ko bakoze coup d’état.
Mbere y’uko televiziyo iva ku murongo, aba basirikare bavuze ko bashyizeho Komisiyo ya gisirikare igamije impinduka, basesa Itegeko Nshinga, inzego za leta n’amashyaka yose ya politike.
Bavuze kandi ko bafunze imipaka yose ihuza Bénin n’ibindi bihugu. Bashimangira ko bahiritse ubutegetsi kubera ko hari abo ubuyobozi bwa Perezida Talon bwaheje, bamwe barafungwa abandi barahunga.
Umuvugizi wa Guverinoma, Wilfried Léandre Houngbédji, yavuze ko abantu 14 bamaze gutabwa muri yombi ku Cyumweru ku manywa, nubwo atigeze atanga ibindi bisobanuro.
Iyi coup yageragejwe mu gihe Benin iri mu myiteguro y’amatora ya Perezida ateganyijwe mu Mata, azasoza manda ya Talon watangiye kuyobora mu 2016, kuko yatangaje ko atazongera kwiyamamaza.



