Umutwe wa AFC/M23 urashinja igisirikare cya leta ya DR Congo kugaba ibitero by’ubukana burenze gikoresheje za ndege zitagira abapilote (drones) mu duce dutuwe n’abaturage i Lumbishi muri Teritwari ya Karehe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo kuri uyu wa mbere tariki 04 Gicurasi 2026.
Ibirego bya AFC/M23 bikurikiye ibyo yatangaje ejo ku cyumweru tariki 03 Gicurasi 2026 bivuga ko uwo munsi ihuriro rirwana ku ruhande rwa Leta nabwo barashe ako gace ka Lumbishi, kandi bakica cyangwa bakanakomeretsa inka zirenga 50 i Rushoga muri Teritwari ya Masisi muri Kivu y’Amajyaruguru.
Muri ibyo bikorwa uruhande rwa M23 rushinja urwa Leta ya Kinshasa kutubahiriza amasezerano yo guhagarika imirwano. Ibyo Kinshasa yakomeje guhakana.
Jacques Kongolo, umujyanama wa Perezida Félix Tshisekedi yabwiye BBC kuri uyu wa mbere ko uruhande rwa Leta atari rwo ruhonyora amasezerano y’agahenge. Ati: “[Nibo] Bakoresha amadrones y’u Rwanda mu kuturasa bagahita babeshya ngo ni twe twarashe.”
Mu itangazo ryashyizwe kuri X, Lawrence Kanyuka yavuze ko ibitero byo kuri uyu wa mbere byifashishije indege za ‘drones’ za CH-4 “byangije ibintu byinshi kandi bigateza guhunga kw’abaturage benshi b’abasivile”.
Mu mezi ashize igisirikare cya Leta ya DR Congo cyatangaje ko kigomba kurengera abasivile no kwisubiza ibice bigenzurwa na M23. Uruhande rwa M23 ruvuga ko rwiyemeje kurengera abaturage b’abasivile aho rugenzura.
Ibi bitero bikomeje kugabwa mu gihe mu kwezi gushize i Montreux mu Busuwisi intumwa z’impande zombi zongeye kumvikana ku buryo bwo kugenzura agahenge no guhanahana imfungwa, nyamara Leta ya Kinshasa ikaba yaravuniye ibiti mu matwi.

