Abayobozi b’ibigo by’amashuri 890 barimo 349 bo mu mashuri abanza na 541 bo mu mashuri yisumbuye bakuwe mu nshingano zo kuyobora bagiye guhindurwa abarimu nyuma yo gukoreshwa isuzuma ntibatsinde ku manota 70% kuzamura.
Byagarutsweho kuri iki Cyumweru, tariki ya 28 Ukuboza mu Kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru.
Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), Dr Flora Mutezigaju yasobanuye ibyashingiweho kugira ngo abo bayobozi b’ibigo bahagarikwe ku buyobozi, habanje gukorwa isuzuma ry’Akarere nyuma hakorwa iryatanzwe na REB.
Yavuze ko harebwe uburyo umuyobozi afite intumbero y’ikigo, uburyo umuyobozi afasha mu myigire, uburyo umuyobozi akoresha umutungo w’ikigo bahabwa na Leta, uburyo umuybozi akorana n’ababyeyi kuko ishuri ntirikora ryonyine riba rifite ababyeyi.
Yagize ati: “Ababajijwe ni abayobozi 5 277, muri bo 890 ni bo bagize amanota ari munsi ya 70% bangana na 16%.
Dr Mutezigaju yavuze ko icya kabiri ari uburyo bacunga umutungo w’ishuri.
Ati: “Wasangaga abenshi kuri icyo cyiciro bataritwaye neza, ugasanga baribye ibyo kurya by’abana, umuyobozi utahaba uhora yagiye.
Kuri REB, ikindi, abenshi icyongereza cyarabananiye cyane cyane nubwo cyari gifite amanota make. Abayobozi benshi bahagarikiwe iyo urebye imitsindire y’imyaka 3 ku bigo, usanga igenda isubira inyuma.”
Muri abo batsinzwe abenshi ni abafite impamyabumenyi y’amashuri yisumbuye (A2), kandi abenshi usanga bakuze. Mu 5277, abagabo ni bo benshi kuko basaga 3 100 naho abagore bakaba bari hafi 2 000.
REB ishishikariza abagore bari mu burezi gusaba imyanya y’ubuyobozi bw’ibigo, kuko muri rusange amashuri ayoborwa n’abagore byagaragaye ko ariyo yahize ayandi.

