Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Madame Yolande Makolo, yatangaje ko u Rwanda rwemera icyemezo cy’urukiko rw’ubuhuza rw’i La Haye mu Buholandi kandi ko “rufata ikibazo nk’ikirangiye”.
Urukiko rwanzuye ko Ubwongereza butagomba kwishyura u Rwanda miliyoni z’amapawundi rwari rwasabye mu kirego ku masezerano guverinoma ya Minisitiri w’Intebe Sir Keir Starmer yasheshe akigera ku butegetsi.
Leta y’u Rwanda yareze isaba kwishyurwa miliyoni 100 z’amapawundi, ivuga ko Ubwongereza bwanyuranyije n’ingingo z’ayo masezerano.
Ayo masezerano yari yasinywe mbere na guverinoma y’Abagendera ku mahame akomeye ya kera. Yarimo ko u Rwanda rwagombaga kwakira abimukira bageze mu Bwongereza mu buryo bunyuranyije n’amategeko, iki gihugu kikishyura ikiguzi cy’imibereho yabo igihe bari kuba bari mu Rwanda.
Madame Yolande Makolo avuga ko “u Rwanda ruzakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga, hubahirizwa amahame mpuzamahanga kandi hagamijwe inyungu z’impande zombi.”

