Umusore w’umunye-Ghana Joseph Sackey, uhereruka gutandukana na Muhazi United yari imanutse mu cyiciro cya kabiri agasinyira Mukura VS, yavuze ko yabanje kwakira telephone iturutse muri Rayon Sports bakanaganira.
Joseph Sackey ukina mu kibuga hagati afasha mu bwugarizi, yinjiye mu ikipe ya muhazi United mu mwaka w’imikino wa 2023-2024, umwaka ushize wa 2024-2025 yatsindiye iyi kipe ibitego 3 anatanga imipira 4 yavuyemo ibitego.
Ubwo ikipe ya Muhazi United yari imaze kumanuka ku munsi wa nyuma wa shampiyona, yagombaga gutegereza amasezerano ye akarangira, hanyuma akabona kugira andi makipe aganira nayo. Mu ikipe zari ku ruhembe, iya mbere yari ikipe ya Rayon Sports.
Bitewe n’umwaka w’imvange z’ibyiza n’ibibi ikipe yambara ubururu n’umweru yari yagize, umwaka w’imikino wagiye kurangira yaramaze kwirukana umutoza Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo ‘Robertinho’. Icyo bihutiye ni ukumusimbuza Afhamia Lotfi ngo aze no gutangirana n’isoko ry’igura n’igurisha.
Mu bakinnyi batekerezwaga kuri iri soko harimo na Joseph Sackey. Uyu musore aganira na AMIZERO.RW yavuzeko ibiganiro byabaye hagati ye na Rayon Sports ariko agategereza ko batera intabwe agaheba, gusa ariko ko ikindi gihe nabwo yiteguye kuyerekezamo bakomanze.
Sackey yagize ati: “Nakiriye telephone yo muri Rayon, naragiye mpura nabo mbere y’uko nsinyira Mukura. Barambwiye ngo genda tuzaguhamagara ndaheba, byarangiye uwo munsi. Mu gihe baramuka bagarutse mu isoko ry’igura n’igurisha ritaha nabasinyira mu gihe nta kipe yo hanze y’u Rwanda yaba yakomanze.”
Nyuma yo kugera mu ikipe ya Mukura VS ni umukinnyi bigaragara ko azaziba icyuho cya Ntarindwa Aimable werekeje mu ikipe ya Rayon Sports mu mwanya bamuterezagamo. Ikipe ya mukura ikomeje gukina imikino ya gicuti yitegura umwaka utaha w’imikino, aho ejo ku wa Gatandatu yanganyije na Bugesera igitego 1-1.