Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Umutekano

Qatar yageneye ubutumwa u Rwanda na DR Congo ku ntambwe ikomeye iganisha ku mahoro.

Leta ya Qatar yatangaje ko ishima ibyatangajwe na Leta y’u Rwanda na Leta ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo byo kwiyemeza guhosha no kugabanya ubushyamirane mu burasirazuba bwa DR Congo, bijyanye n’itangazo ry’umutwe w’inyeshyamba wa M23 urwanya ubutegetsi bwa DR Congo ryo kuva mu mujyi wa Walikale n’inkengero zawo.

Ku wa gatandatu tariki 22 Werurwe 2025, umutwe wa M23 wavuze ko wafashe icyemezo cyo kwimura ingabo zawo uzikura mu mujyi wa Walikale no mu turere tuwukikije nyuma y’iminsi ibiri wemeje ko wafashe uwo mujyi wo muri Teritwari ya Walikale, inini mu zigize Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

M23 ivuga ko yabikoze mu gushaka ko habaho umuti unyuze mu mahoro. Leta y’u Rwanda yavuze ko ishima icyo gikorwa cya M23 cyo mu rwego rwo gushyigikira gahunda z’amahoro zirimo gukorwa, n’itangazo rya DR Congo ko ibitero bya FARDC na Wazalendo bizahagarara.

U Rwanda rwatangaje ko rwiyemeje gukorana n’impande zose kugira ngo ibyiyemejwe bigerweho, hagamijwe kugera ku gisubizo kirambye cya politike n’umutekano ku karere.

Umuryango w’Abibumbye, DR Congo n’Ibihugu bimwe byo mu burengerazuba bw’isi bashinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23. Ibyo u Rwanda rwakunze gutera utwatsi rukavuga ko ibibazo bya DR Congo bireba abanyekongo ubwabo, gusa ko rwo tugomba gukaza ingamba z’ubwirinzi ku buryo umutekano warwo usugira ugasagamba.

Mu kiganiro n’abanyamakuru i Kinshasa, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa DR Congo, madame Thérèse Kayikwamba Wagner yavuze ko bizeye ko itangazo rya M23 rikurikirwa n’ibikorwa bifatika, ati: “Ni ngombwa kureba uko ibyo bizigaragaza. DR Congo irashaka amahoro anyuze mu biganiro.”

Nubwo ku wa gatandatu tariki 22 Werurwe 2025 M23 yatangaje ko yimuye abarwanyi bayo ibakura mu mujyi wa Walikale, Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa, RFI na Radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’Abibumbye, ikorera muri DR Congo, zatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ko abarwanyi ba M23 bari bakiboneka mu mujyi wa Wakilale.

Radio Okapi yasubiyemo amagambo ya benshi bayihaye amakuru bariyo bavuga ko inyeshyamba za M23 zikiri muri Walikale-Centre. Nta cyo M23 yari yatangaza ku mugaragaro kuri ibi byatangajwe n’ibi bitangazamakuru nk’uko tubikesha BBC.

Mu itangazo ryayo ryo kuri uyu wa mbere tariki 24 Werurwe 2025, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Qatar yavuze ko ibyatangajwe n’u Rwanda na DR Congo ibibona nk’intambwe nziza ikomeye iganisha ku kugera ku mutekano n’amahoro mu karere.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame na Perezida Félix Tshisekedi wa DR Congo bari bahuriye mu nama yatunguye benshi yabereye i Doha mu murwa mukuru wa Qatar ku wa kabiri w’icyumweru gishize, bahujwe na Emir wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani.

Iyo nama yari mu rwego rw’ibikorwa byo guhosha uko ibintu bimeze mu burasirazuba bwa Repubilika ya Demokarasi ya Congo nkuko itangazo rihuriweho n’u Rwanda, DR Congo na Qatar ryabivuze icyo gihe.

Mu itangazo ryayo ry’uyu munsi, Qatar ivuga ko yizeye ko ubu buryo bwubaka hamwe n’umwuka mwiza ku mpande zombi bizakomeza kugira ngo habeho kurinda abasivile no kugera ku mutekano n’iterambere birambye.

Qatar ivuga ko ishyigikiye inzira y’amahoro ya Nairobi na Luanda, zahurijwe muri gahunda imwe ya EAC-SADC, no gucyemura amakimbirane binyuze mu biganiro n’uburyo bw’amahoro, hubahirizwa amategeko mpuzamahanga.

Abakuru b’Ibihugu bo mu miryango ya EAC na SADC bitezwe guhurira mu nama kuri uyu wa mbere yo mu buryo bw’ikoranabuhanga ry’iyakure, biga ku buryo bwo kugera ku mahoro n’umutekano mu burasirazuba bwa DRC.

Iyo nama ije ikurikiye iy’abaminisitiri bo muri EAC na SADC yabereye i Harare mu murwa mukuru wa Zimbabwe ku wa mbere w’icyumweru gishize yareberaga hamwe uko byifashe, ikaba yaranateguraga iy’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma iterana kuri uyu wa Mbere.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Qatar.

Related posts

Ikipe y’u Rwanda Amavubi itsinzwe n’iya Uganda igumana umwanya wa nyuma muri iri tsinda.

N. FLAVIEN

Musanze: Ibiro bishya by’Umurenge wa Kinigi byatashywe byitezweho kwihutisha serivisi [AMAFOTO].

N. FLAVIEN

Guverineri mushya w’Intara y’Amajyaruguru yashimiye Perezida Kagame wamugiriye icyizere.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777