Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Umutekano

Ibisasu biremereye bya FARDC byateye benshi kwikanga imirwano muri Nyiragongo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Ukuboza 2024, muri Teritwari ya Nyiragongo humvikanye urusaku rw’ibiturika biremereye, benshi mu babyumvise bemeza ko ari imirwano yahuje abarwanyi ba M23 n’igisirikare cya Leta ya DR Congo mu gace kegereye cyane umujyi wa Goma uhanzwe amaso na benshi.

Amakuru yashyizwe ku mbugankoranyambaga zegamiye kuri Leta ya DR Congo yavugaga ko imirwano ikomeye yabyukiye muri Nyiragongo kuri uyu wa Gatandatu, aho ngo igisirikare cya Leta, FARDC cyari gihanganye n’abarwanyi ba M23. Aya makuru yakomezaga avuga ko abaturage bo mu gace ka Rusayo, Gurupoma ya Mudja, bemeje ko kuva mu gitondo bumvaga ibisasu by’imbunda ziremereye

Uwitwa Kabumba Justin yari yemeje ko “Abarwanyi ba M23 babyutse bagaba ibitero ku birindiro bya FARDC hamwe na Wazalendo biri mu gace kitwa Kanyamahoro mu birometero nka makumyabiri uvuye mu mujyi wa Goma. Ubwoba ni bwose mu baturage ariko ntibirasobanuka neza”.

N’ubwo byatangajwe gutya, hari amakuru yandi yavuye mu bantu ba hafi mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ko ibyabaye atari imirwano nk’uko byatangajwe ko ahubwo ari ibisasu by’imbunda ziremereye byarashwe mu rwego rwo kwitoza kurashisha imbunda nshya ziremereye kandi zigezweho.

“Ntabwo ari imirwano ahubwo ni ibisasu by’imbunda ziremereye zigezweho z’ingabo zacu zari mu myitozo yo gukoresha izi mbunda. Iyi myitozo yabereye mu Kanyanja muri Gurupoma ya Buhumba muri Teritwari ya Nyiragongo ahari ikigo gikoreshwa na FARDC mu kwitoza guhamya neza hakoreshejwe intwaro rutura zigezweho z’igisirikare cyacu”.

Aka gace ko mu kibaya gakunze kumvikanamo ibisasu by’imbunda ziremereye, akenshi bikaba bivugwa ko FARDC iba iri mu myitozo n’ubwo hari igihe aba ari urugamba kuko ari agace M23 igabanye na FARDC iri kumwe na FDLR bose bakaba bagabanyijwe n’ikirunga cya Nyiragongo.

Ibi bibaye mu gihe M23 yatangaje ko itazakomeza kurebera indege za Sukhoi-25, Kajugujugu za Mi-24 na Drones z’intambara bikomeza guhagurukira ku kibuga cy’indege cya Goma ndetse n’icya Kavumu (Bukavu) kuko ngo ibitero byazo byica abasivile bikanibasira ibirindiro byabo [M23]. Benshi bakaba baketse ko M23 yaba ifite gahunda yo gufata ibi bibuga by’indege bibiri mu buryo bwihuse.

Abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bari gukora ibishoboka ngo barebe ko bakigizayo abarwanyi ba M23 bari mu marembo ya Goma.
FARDC ikunze gukoresha ibibunda birasa ibisasu biremereye mu myitozo hafi y’ahasanzwe habera urugamba.

Related posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi batatu bagaragaye batemagura umugore

N. FLAVIEN

Producer Element na Studio izwi nka 1:55 AM Ltd ntibabyumva kimwe.

Muntu Clarisse

Mukeshabatware Dismas uzwi nka ‘Mbirikanyi” yitabye Imana

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777