Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Imyidagaduro Iyobokamana

Umuhanzi Bosco yasohoye indirimbo ‘Kumbe’ yibutsa abantu gucungurwa kwabo [VIDEO].

Umuhanzi NDAGIJIMANA Bosco wahisemo indirimbo ziramya zikanahimbaza Imana, ahamya ko ubuntu bw’Imana no gucungurwa kwatumye buri wese ashobora kwigererayo byatumye akora mu nganzo mu gihangano yise ‘Kumbe’ yibutsa abantu gucungurwa kwabo.

Uyu muhanzi Bosco ubarizwa mu Itorero ADEPR mu karere ka Rusizi, Intara y’Iburengerazuba, avuga ko ari ishimwe rikomeye kuba Imana yaremeye kohereza umwana wayo [Yesu/Yezu] ngo acungure mwenemuntu nta kiguzi na kimwe buri wese akaba afite uburenganzira bwo kwivugira, ngo byamuteye imbaraga.

N. Bosco watangiye kuririmba mu buto bwe kuko hari mu mwaka wa 2004, ngo yatangiriye ndetse azamukira muri ya Korali yo ku Nkombo yamenyekanye cyane (Intumwazidacogora) ndetse kugeza magingo aya akaba ari umwanditsi w’indrimbo. Ngo yatangiye gukora nk’umuhanzi cyangwa uririmba ku giti cye mu mwaka wa 2020.

Mu kiganiro na WWW.AMIZERO.RW, yagize ati: “Iyi ndirimbo nayihanze ntekereje ku buntu twagiriwe bwo gucungurwa maze buri wese akaba asigaye yigerera ku Mana ntawe atumye cyangwa se ngo atange ibiguzi, buri wese afite uburenganzira bwo kwivugira, byanteye imbaraga”.

Yakomeje agira ati: “Iyo ndirimba nibanda ku guhamya imbaraga z’Imana, gushima Imana ndetse no ku gaciro twahawe na Yesu Kristo mu kuducungura kuko atarebye ku cyubahiro cye akemera gusuzugurwa kubera ibyaha byacu”.

Yasabye abakunzi be ndetse n’abandi muri rusange kumushyigikira ndetse ngo akaba yiteguye kwakira buri wese wamugira inama z’uburyo yakomeza kwaguka muri byose kuko ngo intego ye ari ugusangira ubutumwa bwiza muri byinshi yiteguye kugaragaza.

Ibihangano bya N. Bosco biboneka kuri YouTube Channel ye yitwa ‘Aganze Worship TV’ aho amaze gushyira ibihangano bitanu.
Ukeneye kuvugana nawe wamuvugisha cyangwa se uramwandikira kuri Watsapp: 0785535918

Related posts

DR Congo: FARDC n’abacanshuro bagerageje gufata Bwiza M23 ibabera ibamba.

N. FLAVIEN

Ikibazo cy’abarimu badatangirwa imisanzu muri RSSB kigiye gukurikiranwa kandi gikemurwe.

N. FLAVIEN

Sudan: Abarenga miliyoni bamaze gukurwa mu byabo n’intambara.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777