Igihugu cya Angola cyatangaje kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Werurwe 2023 iyoherezwa ry’abasirikare bo mu ngabo za Angola, FAA (Force Armée Angolaise) bagomba kunganira mu bikorwa byo kugarura umutekano mu Burasirazuba bwa DR Congo ahakomeje kuba isibaniro hagati ya M23 na FARDC n’abambari bayo barimo FDLR, MaiMai, Wagner Group n’indi mitwe yitwaje intwaro yamaze kwinjizwa mu ngabo za Leta.
Amakuru yacishijwe ku mbugankoranyambaga za Perezidanse ya DR Congo zirimo Facebook, avuga ko intego nyamukuru y’izi ngabo zo muri Angola ari ukugarura umutekano mu bice byigaruriwe na M23 no kurinda abasirikare bashinzwe kureba iyubahirizwa ry’Imipaka mu Karere k’Ibiyaga Bigari, EJVM.
Perezida wa Angola, João Lourenço uyoboye CIRGL/ICGLR (Conférence Internationale sur la Région des Grands Lacs) akaba n’umuhuza mu kibazo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo akaba yaramaze kwemera ubusabe bwa mugenzi we Félix Tshisekedi Tshilombo wamusabye ubufasha bw’ingabo.
N’ubwo ubu busabe bwa bwana Tshisekedi bwamaze kwemerwa na mugenzi we wa Angola, amakuru y’ibanga avuga ko bizasaba bwana Lorenço kubanza yasaba uburenganzira abagize Inteko Ishinga amategeko kugirango bemeze iyoherezwa ry’izi ngabo muri DR Congo.
Radio Okapi iterwa inkunga n’Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri DR Congo, MONUSCO yatangaje ko iki cyemezo cyabanjirijwe n’ubusabe bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bitewe n’uko M23 ikomeje kwigira imbere ku mirongo y’urugamba, ngo bakaba babona ingabo za Angola zishobora kugira icyo zikora kuri uyu mutwe uvuga ko uharanira uburenganzira bw’abanyekongo bavuga ikinyarwanda biganjemo abo mu bwoko bw’abatutsi bakomeje kuvutswa uburenganzira ku Gihugu cyabo.
Angola ni kimwe mu Bihugu bigize SADC bifite igisirikare gikomeye, cyane cyane ariko abarwanira mu kirere. Umugaba w’ingabo za DR Congo wungirije ushinzwe Operasiyo, General Chico Tshitambwe, akaba aherutse gutangaza ko aka M23 kagiye gushoboka kuko ngo abafatanyabikorwa bo muri SADC (DRC ibereye umunyamuryango) bagiye kuza kubafasha kuko ngo barambiwe agasuzuguro.

1 comment
Guhuza ibice biganganye biranze none aje gutsinsuraho kimwe se?