Amizero
Ahabanza Amakuru Hanze Politike Ubuzima Umutekano

Burundi: Inkongi y’umuriro yadutse muri Gereza nkuru ya Gitega yahitanye abarenga 50.

Abanyururu barenga 50 bishwe n’umuriro wadutse muri Gereza nkuru ya Gitega mu Murwa mukuru wa Politike w’u Burundi, mu rukerera rwo kuri uyu wa Kabiri tariki 07 Ukuboza 2021.

Uyu muriro wibasiye igice kinini cya gereza, ntiharamenyekana icyawuteye n’ubwo hari abatangiye gucyeka umuriro w’amashanyarazi.

N’ubwo hatangajwe umubare 50, Croix Rouge ivuga ko iyo mibare ishobora kwiyongera cyane nk’uko tubikesha Ijwi rya Amerika.

Abatuye mu gace iyi Gereza nkuru ya Gitega iherereyemo, bemezako umuriro watangiye mu ma saa kumi z’igitondo (04h00), ariko ko imodoka ya mbere mu zishinzwe kuzimya Inkongi y’umuriro yahageze saa kumi n’ebyiri (06h00) bivuze ko hashize amasaha abiri nta butabazi na bumwe izi mfungwa zirahabwa.

Ibice byose byari bigize iyi Gereza byahiye biratokombera uretse igice kibamo abagore gusa, ibintu biteye impungenge ku buryo umubare w’abapfuye ushobora no kugera muri magana.

Ngo kubera ubwinshi bw’inkomere zatwitswe n’umuriro, Leta yafashe icyemezo cyo kuzana abaforomo n’abaganga ahabereye iyi nkongi kugirango batange ubutabazi bwihuse. Abarembye cyane nibo bagiye bajyanwa mu bitaro bindi.

Ubusanzwe Gereza ya Gitega yubatswe ifite ubushobozi bwo kwakira abanyururu batarenga 400. Kuri ubu ariko ngo hari hafungiwemo hafi abikubye inshuro Enye kuko bari bamaze kuba 1539 dukurikije imibare yatangajwe na BBC.

Iyi nkongi y’umuriro yadutse muri iyi gereza nyuma y’aho kuri uyu wa mbere hari hibwe amadosiye arenga 1000 mu Rukiko Rukuru rwa Gitega, ari naho imanza z’abafungiye muri iyi Gereza ziburanishirizwa.

Iyi Gereza nkuru ya Gitega, niyo ifungiwemo abashatse guhirika ubutegetsi bwa nyakwigendera Nkurunziza Petero, muri 2015 ariko umugambi ukabapfubana.

Related posts

Gakenke: Abapolisi babiri bakekwaho gusambanya abana b’abakobwa batawe muri yombi.

N. FLAVIEN

Bamwe mu bagore bafungiwe uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi bahamya ko gufungwa byatumye baruka uburozi bw’urwango.

Muntu Clarisse

Urushize cyera ruhinyuza intwari: Tanzania yemeye kwinjira muri gahunda ya COVAX

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777