Guverinoma y’u Rwanda irateganya gushora asaga miliyari 3.2 z’amadolari ya Amerika (asaga tiriyali 4.3 z’amafaranga y’u Rwanda) mu rwego rwo gukuba inshuro zirenga ebyiri ubushobozi bwayo bwo gutunganya amashanyarazi, ikabugeza kuri megawati 1.066 (MW) bitarenze umwaka wa 2034, binyuze mu ishoramari rizashorwa mu ngufu zituruka ku mazi (hydropower), ku mirasire y’izuba ndetse n’ikoranabuhanga rigezweho ririmo n’ingufu za nikireyeri.
Iyi ntego iri mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (Rwanda Energy Group [REG]) aho rinagaragaza intambwe imaze guterwa mu gutunganya no kugeza amashanyarazi ku baturage mu myaka itanu ishize.
Zingiro Armand, Umuyobozi Mukuru wa REG, yavuze ko umubare w’imiryango ifite amashanyarazi wazamutse ku buryo bugaragara, uva kuri 64.53% mu myaka itanu ishize ugera kuri 85.4% kuri ubu, bigana n’izamuka rya 20.87%.
Muri icyo gihe kandi, ingano y’amafaranga yatanzwe mu gihugu yarazamutse iva kuri MW 238.36 mu 2020/21 igera kuri MW 467.14 kugeza ubu mu 2025. Mu igenamigambi ry’imyaka 10 rya REG (2024–2034), biteganyijwe ko ubu bushobozi buzagera kuri MW 1.066.


