Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abapolisi 74 barimo ba Komiseri 2, ba ofisiye bakuru 9, ba Ofisiye bato 12 n’abapolisi bato 38 bashyizwe mu kiruhuko.
Itangazo rya Polisi y’Igihugu ryo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Ukuboza 2025, rivuga ko mu bashyizwe mu kiruhuko harimo ba Komiseri 2 ar bo ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto.
ACP Sam Rumanzi, yabaye mu buyobozi bwa Polisi y’Igihugu bukuru aho yabaye Umuhuzabikorwa w’urwego rwunganira akarere mu by’umutekano-DASSO ku rwego rw’Igihugu.
Yabaye kandi Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu ntara y’u Burasirazuba ndetse ayobora Polisi y’u Rwanda mu butumwa bw’amahoro muri Santarafurika.
ACP Francis Muheto washyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru yayoboye Polisi y’Igihugu mu ntara y’Amajyaruguru.
Abandi bashyizwe mu kiruhuko barimo ba Ofisiye bakuru 9, ba Ofisiye bato 12 ndetse n’Abapolisi bato 38
Itangazo rya Polisi y’Igihugu rivuga kandi ko hari abapolisi 13 basezerewe ku mpamvu z’uburwayi na babiri basezerewe ku mpamvu zindi zitandukanye.




