Niyo Bosco yatangaje ubukwe bwe na Mukamisha Irene aherutse kwambika impeta mu minsi ishize bakiyemeza kurushinga buzaba tariki 16 Mutarama 2026.
Ni amakuru Niyo Bosco umaze amezi asaga abiri yambitse impeta umukunzi we, yatangaje yifashishije imbuga nkoranyambaga gusa ntiyatangaho amakuru menshi.
Ubu bukwe bugiye kuba nyuma yuko tariki 17 Nzeri 2025, Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere mu birori byabereye ahitwa Hotel La Palisse Gashora.
Niyo Bosco yahamije ko yifuzaga gukora iki gikorwa papa we akiriho, icyakora ntibyamuhira.
Ku rundi ruhande Niyo Bosco yongeye gushimangira urukundo afitiye umukunzi we, avuga ko amukunda kandi cyane!”


