Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (MONUSCO) zivuga ko zishima intambwe zatewe i Montreux mu Busuwisi mu biganiro hagati ya Leta ya DR Congo na AFC/M23, byabaye hagati y’itariki ya 13 na 18 z’uku kwezi kwa Kane 2026.
MONUSCO, nk’indorerezi, na yo yari iri muri ibyo biganiro byo muri gahunda ya Doha, ku buhuza bwa Leta ya Qatar, USA, Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, hamwe n’Ubusuwisi nk’Igihugu cyakiriye ibyo biganiro.
Mu itangazo yasohoye ku cyumweru, MONUSCO yavuze ko inyuzwe n’intambwe zerekeza ku isinywa ry’Inyandiko ku igezwa ry’ubutabazi, aho bucyenewe no kurindwa kwo mu mategeko, ndetse irashishikariza impande bireba gukomeza umuhate wazo mu rwego rwo kugera kuri ayo masezerano vuba, hagamijwe kurangiza akababaro k’abaturage b’abasivile bagirwaho ingaruka n’intambara”.
MONUSCO yanashishikarije izo mpande gusohoza ingamba zo kongera kubaka icyizere, cyane cyane irekurwa n’ihererekanya ry’imfungwa, ku bufatanye na komite mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR), igira uruhare muri iyi gahunda bijyanye n’uburyo bw’imikorere bwashyizweho.
MONUSCO ivuga ko yiteguye gukoresha ubushobozi bwayo bw’ibikoresho na tekinike mu gufasha ubutumwa bwa mbere bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge, hagamijwe gufasha ishyirwa mu ngiro rya gahunda z’amahoro ziriho ubu.
MONUSCO itangaje ibi mu gihe ingabo za DR Congo, FARDC n’ingabo za M23 bashinjanya kongera kugabanaho ibitero nyuma y’ibyo biganiro byo mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’Ubusuwusi, muri iyi ntambara yongeye kwaduka mu mpera z’umwaka wa 2021 nubwo imaze imyaka hafi 30 ihagarara ikongera ikubura. (BBC)

