Umugaba mukuru w’Ingabo za Uganda (UPDF), Gen. Muhoozi Kainerugaba, yahakanye amagambo aherutse gutangazwa na Barbara Itungo, umugore w’umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, wavuze ko yakubitiwe iwe mu rugo mu gihe cy’amatora.
Gen. Muhoozi yabitangaje abinyujije ku rubuga rwa X (rwahoze ari Twitter), avuga ko ibyo Barbara Itungo yavuze ari ibinyoma, ashimangira ko nta musirikare uyobowe na we wamukubise.
Yagize ati: “Abasirikare banjye ntabwo bakubise Barbie, umugore wa Kabobi. Mbere na mbere, ntidukubita abagore, ntabwo bakwiye umwanya wacu tubakurikirana. Turi gushaka ni umugabo we w’ikigwari, si we dushaka.”
Aya magambo aje akurikira ikiganiro Barbara Itungo yagiranye n’itangazamakuru ku wa 24 Mutarama 2025, aho yasobanuye ko urugo rwe rwaterwaga n’abantu benshi bitwaje intwaro, bamukubita ndetse bagahohotera n’abakozi be, bamushinja kwanga gutanga ijambo banga (password) rya telefone ye.
Itungo yavuze ko ibi byabaye mu gihe cy’amatora yabaye ku wa 15 Mutarama 2026, ashimangira ko abagabye igitero bari benshi kandi bigaragara ko bari bateguwe neza.
Ibi byabaye kandi mu gihe umugabo we Bobi Wine yari yarahunze igihugu, nyuma yo gucika inzego z’umutekano zari zagose urugo rwe.
Ni mu gihe Gen. Muhoozi Kainerugaba we yakomeje kugaragaza ko nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu, inzego z’umutekano zatangiye gushakisha abatavuga rumwe n’ubutegetsi, aho yavuze ko abarenga 2000 bamaze gufungwa, mu gihe abandi 30 bivugwa ko bishwe.


