Abanyarwanda batuye mu bwami bwa Morocco, by’umwihariko abanyeshuri bahiga, basabwe gukomeza kurangwa n’ubutwari mu mibereho yabo ya buri munsi, bakagira uruhare rufatika kandi ruhoraho mu iterambere ry’u Rwanda n’imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Ubu butumwa bwatanzwe mu muhango wo kwizihiza Umunsi w’Intwari z’Igihugu ku nshuro ya 32, wabaye ku Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026, wabimburiwe n’insanganyamatsiko igira iti: “Ubutwari n’Ubumwe bw’Abanyarwanda, inkingi z’iterambere.”
Ibi birori byateguwe ku bufatanye bwa Ambasade y’u Rwanda mu bwami bwa Morocco n’Umuryango w’Abanyarwanda baba muri iki gihugu, bigamije gukomeza gushimangira indangagaciro z’ubutwari, ubumwe n’urukundo rw’igihugu ku Banyarwanda baba mu mahanga.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Morocco, Umutoni Shakilka, yashishikarije Abanyarwanda baba muri iki gihugu kugaragaza ubutwari butagarukira ku mateka gusa, ahubwo bukigaragariza mu bikorwa bya buri munsi birimo gutanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu, guharanira kwigira no guteza imbere imibereho y’abaturage.
Yabibukije kandi ko ubutwari bujyana no gusigasira indangagaciro z’Igihugu zirimo gukunda u Rwanda, ubumwe, ikinyabupfura, umurava no gukorana umurava n’abandi, ibyo byose bikaba ishingiro ry’iterambere rirambye.
Uyu muhango wabaye n’umwanya wo guhuriza hamwe Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda baba muri Morocco, basangira ibitekerezo, bifurizanya umwaka mushya muhire, banongera gushimangira umubano n’ubufatanye mu kubaka u Rwanda ruteye imbere, n’iyo bari mu mahanga.


