Amizero
Amakuru Amakuru mashya Umutekano

Ba Ofisiye batatu ba FARDC bageze i Goma

Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo yohereje mu mujyi wa Goma abasirikare batatu bakuru bo mu gisirikare cy’igihugu, FARDC, aho bagiye guhagararira Kinshasa mu rwego rw’uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge mu ntambara ihanganyemo na AFC/M23.

Aba basirikare barimo Lieutenant-Colonel Ben Epule Cosmas ari na we uyoboye iryo tsinda, Major Lokuli Bofanda Fredy na Major Kitoko Dimonekene André.

Aba ba Ofisiye bakuru uko ari batatu bose bashyizwe mu itsinda rihagarariye uruhande rwa Leta ya Congo muri ruriya rwego ruzwi nka MCVE-PLUS (Mécanisme conjoint de vérification élargi Plus).

Mu ibaruwa yanditswe tariki ya 2 Nyakanga 2026 na Minisitiri w’Ingabo za RDC, Guy Kabombo Muadiamvita akayandikira yandikiwe Umuyobozi wa MONUSCO, yashimiye ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye ku bufasha bwabwo mu gukurikirana iyubahirizwa ry’agahenge no gushyigikira MCVE-PLUS.

Minisitiri Kabombo yavuze ko koherezwa kw’aba basirikare ari mu rwego rw’ubwumvikane bwabaye hagati ya Minisiteri y’Ingabo za Congo na MONUSCO, aho ubu butumwa bwiyemeje gufasha bariya basirikare mu rugendo rwabo rujya i Goma.

MCVE-PLUS ni urwego rwashyizweho rwo kugenzura no gutanga amakuru ku byaba binyuranyije n’amasezerano y’agahenge mu burasirazuba bwa RDC.

MONUSCO imaze igihe ishyigikira uyu mushinga, inatanga ibikoresho n’ibikorwa remezo kugira ngo ukore neza i Goma.

Uku koherezwa kw’abahagarariye FARDC mu mujyi wa Goma usanzwe ugenzurwa na M23, kuje mu gihe ibikorwa byo gushyira mu bikorwa ibyemezo byavuye mu biganiro bya Doha na Washington bikomeje, aho impande zirebwa n’amakimbirane zisabwa kubahiriza agahenge no gushyiraho uburyo bwo kugenzura imirwano.

Abasesenguzi bavuga ko kuba FARDC igiye kugira abahagarariye ku rwego rwa MCVE-PLUS i Goma bishobora gufasha mu kubona amakuru aturutse ku mpande zombi no mu gukurikirana ibirego byo kutubahiriza agahenge.

Itangazo rigaragaza amazina, amapeti ndetse n’inshingano za buri wese muri iri tsinda.

Related posts

Ukraine: Uburusiya mu isura nshya y’intwaro zigezweho zica cyangwa zigatera ubuhumyi.

N. FLAVIEN

Manirafasha Jean de la Paix wari Visi Meya wa Burera yakatiwe gufungwa imyaka ibiri n’igice azira ruswa n’ibindi.

N. FLAVIEN

M23 yashimangiyeko nta ‘Santimetero’ n’imwe y’ubutaka yafashe izongera gutakaza.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777