Amizero
Amakuru Amakuru mashya Politike Ubuzima

EBOLA: Amerika yahaye DR Congo umuti ukiri mu igerageza ngo ukoreshwe ku barwayi

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatanze doze z’umuti ukiri mu igerageza w’ubwirinzi bw’umubiri w’uruganda Mapp Biopharmaceutical rwo muri icyo gihugu kugira ngo ukoreshwe mu igeragezwa ku barwayi mu rwego rwo kurwanya ikiza kirimo kwiyongera muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru Reuters, bisubiramo amagambo y’umuvugizi wa minisiteri y’ubuzima y’Amerika.

Iyi ni impinduka ku ho Amerika yari ihagaze kuko uwo muti yawugeneraga Abanyamerika gusa. Nyuma yuko isenye ikigo cyayo cy’iterambere mpuzamahanga (USAID) ndetse ikagabanya imfashanyo yayo muri aka karere, Amerika ubu irimo gutanga umusanzu uciriritse mu gufasha mu cyo ikigo cy’Amerika cyo kurwanya no gukumira indwara cyise ikiza cya mbere kibi cyane kugeza ubu kidafite uburyo bukomeye bwo guhangana na cyo.

Umuvugizi wa minisiteri y’ubuzima y’Amerika yanze kubwira Reuters umubare wa doze izaha DRC. Mu butumwa bwo kuri ’email’, yavuze ko uwo muti urimo gutangwa muri DRC ngo ukoreshwe ku bw’impuhwe no kugira ngo habeho kwihutisha igerageza ryawo ku barwayi b’icyo kiza kiri mu bihugu bimwe byo mu karere.

Uwo muvugizi yavuze ko amakuru azava muri iryo gerageza ashobora gushingirwaho mu bugenzuzi bw’uwo muti ndetse no kuba washobora kuzemezwa n’Amerika. Nta nkingo cyangwa imiti byemejwe biriho bya Ebola yo mu bwoko bwa Bundibugyo.

Kugeza ku itariki ya 21 y’uku kwezi kwa Kamena, abantu 1,048 bari bamaze kwemezwa ko banduye Ebola muri DRC naho abandi 267 yarabishe, mu gihe abantu 112 bakize Ebola bagasezererwa mu bitaro, nkuko abategetsi babivuze.

Muri Uganda, abategetsi baho bamaze kwemeza abantu babiri bishwe na Ebola – abo bakaba ari abantu bari barakoreye ingendo muri Uganda bavuye muri DRC. Abategetsi bo muri Uganda banemeje ko abantu 20 banduye Ebola naho 14 barakize barasezererwa bava mu bitaro.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima ryabwiye Reuters ku wa mbere ko izo doze z’uwo muti w’uruganda Mapp hamwe n’indi miti (therapeutics) igenewe igerageza ubu irimo kujyanwa muri DRC.

Wa muvugizi yavuze ko Amerika irimo gukorana n’abafatanyabikorwa bo mu buvuzi mu gutegura abazakorerwaho iryo geragezwa mu bigo by’ubuvuzi.

Ubu bubaye ubwa mbere leta y’Amerika igaragaje gahunda yo gufasha mu buryo butaziguye amagerageza y’uwo muti w’ubwirinzi bw’umubiri uzwi nka MBP134 w’uruganda Mapp, rufite icyicaro mu mujyi wa San Diego muri leta ya California, mu gutanga doze zo mu bubiko bwayo.

Mbere, Amerika yavuze ko doze z’uwo muti zizakoreshwa gusa ku Banyamerika baba bari mu byago byinshi nyuma yo kugira aho bahurira n’iyo virusi.

Kugeza ubu, Amerika imaze gusezeranya za miliyoni zibarirwa mu magana z’amadolari zigenewe guhangana na Ebola, ndetse irimo kubaka muri Kenya ikigo cy’akato kitavugwaho rumwe kigenewe Abanyamerika, ikavuga ko icyo ishyize imbere ari ugutuma Ebola itagera muri Amerika. (BBC)

Related posts

FARDC iri gutozwa na MONUSCO uburyo bushya buzayifasha guhangana na M23

N. FLAVIEN

Rubavu: Rwa ruhinja rwatoraguwe mu bwiherero rwashyinguwe hataraboneka uwarutaye.

N. FLAVIEN

Rayon Sports yatsindiwe mu rugo no hanze, isezererwa mu irushanwa itarenze umutaru

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777