Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Ubukungu

Ibihugu 10 biza imbere y’ibindi mu gucukura peteroli nyinshi ku Isi

Nyuma y’uko amasezerano yo guhagarika intambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Israel na Irani mu gihe cy’ibyumweru bibiri atangiye gushyirwa mu bikorwa, ibihugu bicukura peteroli byatangiye kumenyekana cyane kuko byari byitezweho nk’amakiriro.

Ikibazo cy’ibura rya peteroli cyavutse nyuma y’uko umuhora wa Hormuz, unyuramo 20% ya peteroli yose ku Isi, ufunzwe. Ibi byatumye ibiciro bya peteroli bizamuka, cyane cyane peteroli inyura mu nzira ya Hormuz.

Urutonde rw’Ibihugu 10 bifite umusaruro munini wa peteroli.

1. Leta Zunze Ubumwe za Amerika (Ingunguru miliyoni 22)

Mu myaka irenga irindwi ikurikiranye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika niyo ikoresha igitoro kitayunguruye cyane ku Isi, ikaba ikoresha utugunguru turenga miliyoni 22 ku munsi.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni zo zikoresha peteroli nyinshi cyane, bitewe n’umubare munini w’abaturage bayo. Leta ya Texas ni yo iza kw’isonga mu gukora peteroli.

2. Arabiya Sawudite (Ingunguru miliyoni 10)

Iki gihugu kandi ni cyo cyohereza peteroli ku masoko mpuzamahanga cyane, kikaba gikora ugunguru miliyoni 10.88 ku munsi.

Intambara iri kubera muri Irani yatumye Arabiya Sawudite igabanya umusaruro wayo wa peteroli uva ku ngunguru miliyoni 10 ukagera kuri miliyoni 8, nyuma y’uko umuhora wa Hormuz ufunze, inzira nyamukuru yo gutwara peteroli ku masoko yo mu mahanga.

3. Uburusiya (Ingunguru miliyoni 10)

Uburusiya bukora ingunguru zirenga miliyoni 10 ku munsi, aho peteroli iboneka mu burengerazuba bwa Seribiya.

Ibikorwa byayo byo gucukura peteroli byagizweho ingaruka nyuma y’intambara yayo na Ukraine, kandi Ibihugu byinshi by’i Burayi n’Ibihugu bya G7 byayifatiye ibihano byo kugurisha ibitoro byayo ku masoko mpuzamahanga.

Mbere y’uko intambara itangira mu 2021, Ibihugu by’i Burayi byaguraga 20% bya peteroli y’Uburusiya.

Kuri ubu Ubushinwa n’Ubuhinde ni byo bigura peteroli y’Abarusiya cyane nka bimwe mu bihugu by’inshuti magara.

4. Canada (Ingunguru miliyoni 5)

Mu 2024, umusaruro w’ibikomoka kuri peterori wo muri Canada wari ugeze ku ngunguru miliyoni 6 ku munsi. Igice kinini cy’aya mavuta gicukurwa mu ntara ya Alberta.

Canada igurisha peteroli yayo nyinshi kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

5. Ubushinwa (Ingunguru miliyoni 5)

Imibare yasohotse mu 2024 igaragaza ko Ubushinwa bukora ingunguru miliyoni 5.33 twa peteroli ku munsi. Ubushinwa ni bwo bwa kabiri ku Isi mu kugura peteroli nyinshi.

Bitewe n’umubare munini w’abaturage ifite, Ubushinwa bwabaye Igihugu gikoresha ingufu nyinshi ku Isi, aho butumiza ingunguru miliyoni 11 za peteroli ku munsi.

70% bya peteroli y’Ubushinwa ituruka muri Arabiya Sawudite na Iraq.

6. Irani (Ingunguru miliyoni 4.5)

Irani ni Igihugu cya gatandatu mu bucuruzi bw’igitoro. Iki gihugu gikora ingunguzu zigera kuri miliyoni 4.62 za peteroli ku munsi nk’uko imibare yo mu 2024 ibigaragaza.

Nk’uko Ikigo Mpuzamahanga Gishinzwe Ingufu (EIA) kibitangaza, Irani ifite ububiko bunini bwa peteroli ku isi.

Irani yagurishije ingunguru zigera kuri miliyoni 1.4 ku Bushinwa, kandi icyemezo cy’igihugu cyo gufunga umuhora wa Hormuz cyagize ingaruka ku ibiciro bya peteroli ku Isi.

7. Emira z’Abarabu (UAE) (ngunguru miliyoni 4.5)

Mu gihe kirenga imyaka icumi, UAE iri mu bihugu icumi bya mbere bicukura peteroli, aho ikora ingunguru miliyoni 4.51 ku munsi.

Iki gihugu gifite ububiko bunini bwa peteroli bugera kuri miliyari 111, igice kinini cya peteroli kikaba kiri muri Abu Dhabi.

Igihugu giherutse kugabanya umusaruro wacyo, nyuma y’uko ibisasu bya nikleyeri bya Irani byibasiye inyubako zacyo zikora peteroli.

8. Iraq (Ingunguru miliyoni 4.5)

Iraq ikora ingunguru miliyoni 4.4 ku munsi nk’uko imibare yo mu 2024 ibigaragaza.

Iki gihugu gifite ububiko bunini bwa peteroli ku isi, bungana na 11% by’ububiko bwa peteroli ku isi yose, aho ingana na miliyari 145.2 z’ubutare.

Iki gihugu cyagizweho ingaruka n’intambara hagati ya Israel na Amerika barwanaga na Irani.

9. Brazil (Ingunguru miliyoni 4)

Mu 2024, Brezili yakoraga ingunguru miliyoni 4.28. Biteganijwe ko Brazil izaba iri mu bihugu bitanu binini ku isi bicukura peteroli mu gihe cya vuba.

10. Kuwait (ngunguru miliyoni 2.78)

Kuwait ikora ingunguru miliyoni 2.78 ku munsi. Igihugu nticyashoboye kongera umusaruro wacyo kugeza ku rugero rusanzwe rwi ngunguru miliyoni 3.5, bitewe n’imiterere ya politiki iri muri icyo gihugu.

Related posts

Ubushakashatsi: Menya impamvu zitera umuntu (ibinyabuzima) kwayura.

N. FLAVIEN

Perezida Paul Kagame yakiriye Olusegun Obasanjo wabaye Perezida wa Nigeria.

N. FLAVIEN

Bwa mbere mu Bwongereza umwana yavutse kuri DNA z’abantu batatu.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777