Urwego rushinzwe kugenzura itumanaho muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ruvuga ko rwareze Ikigo MTN Group ku gukorera muri icyo gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko agenga imikorere y’ibigo by’itumanaho.
Mu itangazo, ikigo ARPTC cya Leta ya DR Congo cyavuze ko MTN Group irimo gutanga serivisi za telefone ngendanwa na internet, mu bice birimo Goma na Rutshuru, itarabiherewe uruhushya.
Ikigo MTN Group cyo muri Afurika y’Epfo, gifite amashami mu bihugu bitandukanye bya Afurika birimo u Rwanda na Uganda bituranye n’uduce ARPTC ivuga, ntacyo kiratangaza ku bivugwa n’iki kigo cya RD Congo.
ARPTC (Autorité de Réguration de la Poste et des Télécommunications du Congo) ivuga ko ibyo MTN Group irimo gukora binyuranyije n’amategeko kandi biyishyira mu kuba yakurikiranwa mu mategeko.
ARPTC ivuga ko yamaze kugeza iki kirego ku nzego z’Igihugu na mpuzamahanga, kandi ko izanyura inzira zose z’amategeko kugira ngo hubahwe amategeko n’ubusugire mu ikoranabuhanga by’Igihugu.
Iki kirego ni ikintu gishya mu makimbirane n’intambara mu burasirazuba bwa DR Congo, aho igice ARPTC ivuga ko MTN Group ikoreramo bitemewe kigenzurwa n’umutwe wa AFC/M23.
AFC/M23 ntiratangaza niba yarahaye MTN Group uburenganzira bwo gukorera mu bice igenzura, kandi ntacyo iranatangaza kuri iki kirego cya ARPTC.


