Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC zamaganye byimazeyo ibitero biherutse kugabwa n’inyeshyamba za ADF mu gace ka Bapere, byahitanye ubuzima bw’abasivili barenga 40 hagati ya tariki 13 na 14 Kanama 2025.
Ibyo bitero byibasiye uduce twinshi turimo Emelia (hapfuye 32), Ekenge (hapfuye 4), na Mutaweza (hapfuye 6), duherereye mu majyaruguru ya Manguredjipa. Umuyobozi w’aka gace, Macaire Sivikunulwa, yemeje icyo gitero avuga ko hari n’ababuriwe irengero, mu gihe abashinzwe umutekano bakomeje gukurikirana abo bagabye igitero.
Samuel Kagheni, umuyobozi w’umuryango utegamiye kuri Leta wa Bapere, yavuze ko umubare w’abapfuye uri hejuru, ahamagarira abayobozi kongera umubare w’abasirikare n’ibikoresho muri ako karere. Yanagaragaje impungenge ku kuba hari amatsinda amwe ya “Wazalendo” bivugwa ko akomeje gutera urujijo muri ako gace.
FARDC yamaganye yivuye inyuma ubwo bwicanyi bwa kinyamaswa, itangaza ko ADF izabiryozwa ndetse ko igomba guhigwa bukware, bityo ikarandurwa maze hakimakazwa umutekano w’abaturage bo muri ibi bice ari nako bihanganisha imiryango yabuze ababo.