George Weah wari usanzwe ari Perezida wa Repubulika muri Liberia yemeye ko yatsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu aheruka, aho amajwi yatangajwe agaragaza ko yatsinzwe n’umukandida w’imyaka 78 y’amavuko.
George Weah yemeye ko yatsinzwe amatora y’Umukuru w’Igihugu aheruka, asaba abayoboke be kwemera ibyavuye mu matora, aboneraho kwifuriza intsinzi mugenzi we wamutsinze, ari nawe Perezida mushya wa Liberia.
Bwana Joseph
George Weah wari muri Perezidansi, yabonye amajwi 49.1 mu gihe uwo bari bahanganye, Joseph Boakai yagize amajwi 50.9 amwemerera guhita ayobora iki Gihugu nka Perezida wa Repubulika.
Komisiyo y’amatora muri Liberia ikimara gutangaza ibyavuye mu matora, George Weah yahise yifuriza mugenzi we Joseph intsinzi anasaba abayoboke be kwemera ibyavuye mu matora bakayoboka Perezida wa Repubulika mushya, Joseph Boakia w’imyaka 78 y’amavuko.



