Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira kuri iki Cyumweru tariki 24 Gicurasi 2026, ahagana saa sita z’ijoro (00:15), ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa zateye ibisasu mu gace ka Rubaya gatuwe cyane zikoresheje indege ya CH4 zihitana ubuzima bwa benshi ndetse zangiza n’inyubako yahuriragamo abantu benshi.
Itangazo rya Lawrence Kanyuka uvugira AFC/M23 ryemeje iki gitero, rikemeza ko iki gitero cy’ubugome kandi cyateguwe cyahitanye abaturage benshi b’inzirakarengane ndetse cyangiza amazu n’imitungo by’abaturage bo mu gace ka Rubaya gakungahaye ku nabuye y’agaciro cyane cyane Coltan.
Iri tangazo rikomeza rivuga ko “AFC/M23 yamaganye mu buryo bukomeye ubu bwicanyi bukabije bwateguwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa ku baturage b’inzirakarengane.”
AFC/M23 yatanze abagabo ku baturage ba DR Congo n’Umuryango Mpuzamahanga kuri iyi ntambara yashoweho na Leta y’abicanyi ya Kinshasa, iboneraho kwibutsa ko izakomeza kurengera no kurinda abaturage b’abasivili.
Amakuru yizewe ava mu Rubaya yageze kuri WWW.AMIZERO.RW yemeza ko ejo kuwa Gatandatu bamwe mu bayobozi bo muri AFC/M23 barimo administrateur wa Masisi n’uwa Nyiragongo hamwe n’abandi bakozi ba ONG zitandukanye bari aha mu Rubaya by’umwihariko aha kuri iyi Guest house yarashwe.
Hari kandi andi makuru avuga ko hari imodoka za gisirikare za M23 zinjiye kuri iyi Guest house, bamwe bagakeka ko haba hari abasirikare bakuru bari bahari, abandi ariko bakavuga ko ari ibikoresho by’umusada byari koherezwa mu bice bya Kinigi no mu nkengero zaho ahari urugamba.
Ubwinshi bw’intasi za FARDC ziri mu bice bigenzurwa na M23, ni bwo bwatumye amakuru y’iyi Guest house amenyekana vuba, Kinshasa ihita yohereza drone ya CH-4 yakomeje kuzenguruka mu gace ka Rubaya, maze mu ma saa sita z’ijoro ihindura umuyonga iyi guest house.


4 comments
Iyi ntambara iratwara Ubuzima bw’abantu benshi sinzi impamvu Kinshasa itajya igirira imbabazi abaturage nayo .
Mbega leta
Iyi ntambara irakomeye cyane pe 👌 American akoze bimwe kera abana bavugaga ngo kubita aha nawe kubuta aha … Nyishyura inka zanjye wariye…
Yateranyije abanyagihugu hejuru ya Rubaya ikungahaye kuri 3T. Imana irengere ubwoko bwayo naho ubundi abo muri EST nibo bakomeje kuhagwa.
Ariko se aba banyagwa ba Gisegeti izi mbaraga bari kuzikura he ko mperuka ari abanyantegenke ? Sha barwanye imyaka myinshi none bamaze gukamirika !! Urugamba tugeze mu mahina pe !! M23 nifate ingamba zikomeye irwanishe imbaraga zose ifite cyangwa se ive mu byo kurwana imanike amaboko bayisubize Sabyinyo.
Iyi ntambara irimo technology ihambaye, Umubiligi yazanyemo, yashoyemo agatubutse, bisaba M23 kwitegura bihambaye naho bitabaye ibyo bazabamara habure n’uwo kubara inkuru.