Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya

Mahamoud Ali Youssuf yatorewe kuyobora Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Mahamoud Ali Youssuf wo mu Gihugu cya Djibouti niwe watorewe manda y’imyaka ine, ku mwanya w’Umunyambanga mukuru wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe AUC asimbuye Moussa Faki Mahamat wari umaze imyaka umunani kuri uwo mwanya.

Uwo mugabo w’imyaka 59 y’amavuko yatorewe uyu mwanya n’ibihugu 33 bigize Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, atsinda Laila Odinga wo muri Kenya bakomeje guhangana mu majwi yabaruwe mu nshuro zirindwi amatora yamaze.

Umunya Madagascar wahatanaga n’abo bagabo bombi we yavuye mu matora nyuma y’inshuro eshanu za mbere atsindwa bikomeye, kuko yakomeje gushyigikirwa n’Ibihugu bicye cyane, maze mu nshuro ebyiri zakurikiyeho Mahamoud Ali Youssuf aba ari zo atsindamo Laila Odinga.
Mahamoud Ali Youssuf ubundi wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Djibouti ntabwo yumvikanye cyane asaba amajwi hirya no hino, nk’uko Laila Odinga yabikoze azenguruka hirya no hino muri Afurika, ndetse Odinga yatangiye amatora arusha amajwi abiri Mahamoud, kuko inshuro ya mbere yagize 22kuri 20 ya Mahamoud.

Odinga yaje kwanikirwa mu byiciro byakurikiyeho kugeza atsinzwe, Abanyakenya benshi bakaba bari biriwe bategereje iyo nsinzi ye, birangiye itashye muri Djibouti ku mukandida usa n’uwatunguranye kuko atakunze kumvikana cyane.

Mhamoud Al Youssuf ni umugabo w’imyaka 59 y’amavuko akaba afite abana umunani, ubwo yiyamamarizaga ku mwanya yatorewe akaba yaravuze ko yifuza ko, Abanyafurika bakorera hamwe mu kurandura ubukene bwibasiye uyu Mugabane.

Yavuze kandi ko natorwa azarushaho kuzamura imari ikoreshwa n’Umuryango wa AU kugira ngo babashe guhangana n’ibibazo by’umutekano mucye ku mugabane, kurushaho kwagura imikoranire n’imihahiranire y’ibihugu, binyuze ku isoko ryagutse rya Afurika no gusuzuma iby’amahoro yakwa kuri za gasutamo akibangamiye urujya n’uruza rw’ibicuruzwa.

Mahamoud Ali Youssuf aratangira akorana na Perezida mushya wa AU Joao Lolenco wa Angola, aho basanze Umugabane wa Afurika wugarijwe n’ubushyamirane bw’imirwano mu bice bitandukanye bya Afurika.

By’umwihariko muri Afurika y’Uburasirazuba hari imirwano ikomeye ikomeje hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo DRC, n’umutwe w’inyeshyamba za M23 ziri kurwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, bakorerwa ubwicanyi na Leta yabo.
Inama rusange ya 38 Afurika Yunze Ubumwe, kandi irakomeza kuri iki cyumweru tariki ya 16 Gashyantare, ahaza gukomeza ibiganiro no gufata imyanzuro itandukanye ku bibazo byugarije Afurika birimo intambara n’ubukene.(KT)

Related posts

Israel na Iran bishobora guteza akaga k’ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi.

Muntu Clarisse

APR FC yasinyishije Mamadou wakiniraga Ikipe yo muri Tunisie.

N. FLAVIEN

Intambwe y’urwego rw’ubuvuzi mu Rwanda mu isura y’abanyamahanga barugana.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777