Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Imikino Imyidagaduro

Icyemezo cya CAF kuri Stade Huye cyateye akanyamuneza abanyarwanda benshi.

Ibyishimo ni byinshi ku banyarwanda nyuma y’icyemezo cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF yemereye u Rwanda kuzakinira na Mozambique kuri Stade Huye iri mu Ntara y’Amajyepfo.

Ibi bivuze ko umukino uzaba tariki 18 Kamena 2023, hagati y’u Rwanda na Mozambique uzabera mu Rwanda kuko CAF yamaze gutanga uburenganzira bwo kwakirira Mozambique kuri Stade Huye mu mukino wo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika.

Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ribinyujije ku rubuga rwa Twitter ryahise ryemeza aya makuru, ritangaza ko CAF yamaze gutanga uburenganzira bwo kuzakirira umukino wa Mozambique kuri Stade Huye.

Ubwo butumwa buragira buti: “Twishimiye kumenyesha Abanyarwanda ko Stade ya Huye yemerewe kwakira imikino yo guhatanira itike yo kuzakina CAN, nk’uko #CAF imaze kubimenyesha FERWAFA. Ubwo gahunda ni kuri 18/06/2023 i Huye i saa cyenda z’amanywa, twakira Os Mambas”.

Kugeza ubu u Rwanda ntiruragira Stade yemewe ku rwego mpuzamahanga, ibintu bituma akenshi habaho kubanza rwasaba, rimwe na rimwe rugashyirwaho n’amananiza nk’uko byagenze ku mukino ikipe y’Igihugu y’u Rwanda iheruka gukina, yemerewe gukinira kuri Kigali Péle Stadium, ikina na Bénin, gusa uyu mukino ukinwa nta mufana wemerewe kuhakandagiza ikirenge.

U Rwanda ruri mu itsinda L, rukaba ruri ku mwanya wa nyuma kuko rwatewe mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo, Bénin ihita iba iya gatatu n’amanota ane, ibintu byatumye icyizere cy’Amavubi cyo kuba yarenga umutaru kiyoyoka ndetse FERWAFA ikaba yarasabye imbabazi Abanyarwanda kubera iyi mpaga yatewe Amavubi.

Mu gukemura iki kibazo mu buryo burambye, u Rwanda ruri kubaka Stade Amahoro izuzura mu mwaka utaha wa 2024, ikazaba ifite ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 45. Iyi Stade yari isanganywe ubushobozi bwo kwakira abantu ibihumbi 25 yongerewe imyanya, ikibuga kirazamurwa, ndetse ikazasakarwa yose, ishyirwa mu rwego rw’izindi Stade zigezweho ku rwego mpuzamahanga.

Stade ya Huye iri mu Karere ka Huye, Intara y’Amajyepfo yemerewe kwakira umukino uzahuza u Rwanda na Mozambique/Photo Internet.

Related posts

Abana basambanywa n’ababyeyi babo cyangwa abandi bo mu miryango bakomeje kwiyongera.

N. FLAVIEN

Kirehe: Ikamyo yarenze umuhanda yinjira mu nzu, yica umugore n’umwana

Muntu Clarisse

CHAN 2023: Amavubi y’u Rwanda yasezerewe na Ethiopia.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777