Rayon Sports y’Abagore igiye gukina imikino ya CAF Women Champions League, yemerewe agahimbazamusyi k’amakaziye 15 y’inzoga za Skol na Halidi Mukandama kuri buri mukino bazatsinda.
Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore igiye gukina imikino yo gushaka itike ya CAF Women Champions League rukinga babiri kuko bamaze igihe bataka ubukene buterwa no kudahemberwa igihe. Mbere y’uko bahaguruka babanje kwizezwa ubufasha na FERWAFA ndetse n’uruganda rwa SKOL rusanzwe rutera inkunga Rayon Sports ku bijyanye n’amikoro.
Iyi kipe igiye gukina imikino y’ijonjora rya nyuma muri aka karere ka CECAFA, izatanga itike mu mikino ya CAF Women Champions League, aho iherereye mu itsinda rya Kabiri hamwe na CBE yo muri Ethiopia inabitse iki gikombe na Top Girls Academy y’i Burundi.
Iyi kipe mbere yo guhaguruka, yabanje kwemererwa agahimbazamusyi k’inzoga na Halidi Mukandama ushinzwe guhuza ibikorwa bya Rayon Sports na Skol. Halidi ati: “Naje hano kubifuriza urugendo ruhire muzagereyo amahoro, hanyuma ikindi muzatsinde.”
“Ikintu nje kubabwira ubu ngubu, nje gutanga prime (agahimbazamusyi) ukwanjye bitari ibya Skol, ariko nayo izatanga iyayo ukwayo. Njye nemeye ko buri manota atatu nzajya mbaha amakaziye 15 angana n’ibihumbi 150 RWF. Icyo nshaka ni uko dushyiramo imbaraga tugatsinda. Tuzabashakira abakiriya nimuba munabishaka”
Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore izatangira tariki 04 Nzeri 2025 ikina na CBE saa saba (13h00). Umukino wa kabiri izawukina tariki 08 n’ubundi saa saba ikina na Top Girls Academy. Tariki 16 niba yabashije kugera ku mukino wa nyuma ni bwo umukino uteganyijwe.