Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Ubuzima

Ibintu bitanu byagufasha kugabanya ibiro utiyicishije inzara.

Ni kenshi twibaza impamvu tugerageza kugabanya ibiro ariko rimwe bikiyongera cyangwa bikadutwara umwanya tutanafite ! Abantu benshi bifuza kugabanya ibiro cyane cyane ko tugeze mu bihe benshi bibaza ko ubwiza bujyana n’ibiro umuntu afite. Muri iyi nkuru twabahitiyemo uburyo bwagufasha kugabanya ibiro kandi utiyicishije inzara.

1) Ifunguro rya mu gitondo.

Abantu benshi bibwira ko ifunguro rya mu gitondo ryaba ribyibushya cyane ariko kubyuka ukajya mu kazi ka buri munsi nta funguro rya mu gitondo ufashe ni ikosa, kubera ko iri funguro ari ryo rifasha umubiri kwiyubaka no kurinda ingingo z’umubiri wawe kugumana imbaraga mu gihe utegereje irindi funguro. Gusa ntiwibagirwe kurenzaho imbuto.

2) Kumenya igihe nyacyo cyo kugabanya ibiro.

Imibiri yacu yakira ibyo turya mu buryo butandukanye, ahari igihe ushobora kuba ubona umuntu afata amafunguro ye ariko agakomeza kuba ku murongo. Igihe rero wumva ko ushaka kugabanya ibiro ugomba kubyishyiramo kandi ubwonko bwawe bukamenya neza ko ibiro bigomba kugabanuka cyane cyane iyo ukoresha ubu buryo bwo kutiyicisha inzara. Ibi bizagufasha kugabanya ibiro byawe kuburyo bwihuse.

3) Hindura uburyo ubayeho.

Ibi ntibisobanuye ko ugomba gutangira kujya muri siporo. Iyo ukoresha ubu buryo bwo kugabanya ibiro kandi ukomeza kurya ni ngombwa ko ureka bumwe mu buryo ubayeho bwa buri munsi.

Tangira kuzamuka mu nyubako ndende ukoresheje ingazi (stairs, escalier) bizagufasha gutwika ibinure n’ubwo atari byinshi ariko birafasha. Ushobora kandi gutumira inshuti zawe mukabyina cyangwa se mugatwara amagare nabyo birafasha.

4) Fata amafunguro witonze.

Akenshi iyo turi kumeza turarya kugeza igihe twumva duhagiye koko, ariko kugira ngo ugabanye ibiro ni byiza ko mu gihe uri ku meza ugerageza kurya buhoro buhoro unyuzamo ugashyira hasi icyo uri kurisha. Ibi ni ingenzi cyane kuko uko ushyize hasi icyo uri kurisha, ubwonko bwumva ko usoje. Ibi nubigerageza uzatungurwa no kumva ko uhaze kandi wariye ibiryo bike kubyo usanzwe ufata.

5) Shaka igituma uguma uhuze.

Burya abantu benshi bumva ko bashonje iyo ntakintu bafite bakora. Niba ibi bikubaho kandi ukaba ushaka kugabanya ibiro gerageza ushake ikintu cyo gukora ndetse wirinde kujya ahantu abantu bari kuvuga ibiryo cyangwa batetse ahubwo ugerageze kunywa amazi.

Related posts

FC Barcelona yasabye Marcus Rashford kuzamura imibare niba yifuza gukomezanya nayo

KALISA

M23 irasatira Umujyi wa Goma, bamwe batangiye guhunga berekeza iya Sake.

N. FLAVIEN

Musanze: Uko umunsi wa mbere wo gutanga dose ya kabiri y’urukingo rwa AstraZeneca wagenze

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777