Amizero
Ahabanza Amakuru Ubuzima Umutekano

Rubavu: Impanuka ikomeye ya FUSO ku Bitaro bya Gisenyi yahitanye batatu.

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Ukuboza 2022, imodoka yo mu bwoko bwa FUSO Mitsubishi yari ivuye i Rusizi yabuze feri ubwo yamanukaga ahazwi nko kwa Gacukiro igonga ibitaro bya Gisenyi, abantu batatu bahaburira ubuzima.

Iyi modoka yari itwawe n’umushoferi witwa Hakorimana Albert, ngo yamanukanye umuvuduko udasanzwe ibanza kugonga ipoto y’amashanyarazi, maze ikomereza ku gikuta cy’ibitaro bya Gisenyi ari naho yahise igwa, batatu muri batanu bari bayirimo bakahasiga ubuzima.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo yabwiye Igihe dukesha iyi nkuru ko iyi mpanuka yabaye mu ma saa kumi za mu gitondo (4:00AM).

Yagize ati: “Impanuka yabaye saa kumi za mu gitondo, yahitanye ubuzima bw’abantu batatu barimo umushoferi wari uyitwaye, nyiri umuzigo n’undi muntu umwe”.

Impanuka ikimara kuba Polisi ikorera mu Karere ka Rubavu yahise itabara, abakomeretse bajyanwa mu Bitaro bya Gisenyi (aho impanuka yabereye) kugirango bakomeze kwitabwaho.

Abakomerekeye muri iyi mpanuka mu buryo bworoheje ni Nsabimana Jean Pierre (umukanishi) na Niyonzima Irenée wari umutandiboyi w’iyi Fuso, mu gihe abitabye Imana ari: Hakorimana Albert (umushoferi), Habarugira Rajabu (umugenzi wari mu modoka) na Mujawamariya Clementine (nyiri umuzigo).

Amakuru avuga ko uyu muzigo (imyembe) wari ujyanwe i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gusa ngo iyi modoka ikaba yabanje gupfira mu Karere ka Nyamasheke ari nayo mpamvu bari bahamagaye umukanishi wo kuyikora avuye i Rubavu.

Ku Bitaro bya Gisenyi hakunze kubera impanuka zikomeye zihitana ubuzima bw’abatari bacye, ahanini bikaba biterwa n’imiterere y’umuhanda umanuka ahazwi nko kwa Gacukiro, aho nyinshi zibura feri bikarangira ziruhukiye mu Bitaro bya Gisenyi.

Mu gushaka umuti w’iki kibazo, hari gukorwa umuhanda Rugerero-Byahi uzifashishwa n’imodoka zimanuka aho gukomeza kunyura aha, hakaba hari n’umushinga wo kwimura ibi Bitaro bya Gisenyi bikubakwa mu Rugerero ahari ubutaka buhagije kandi hadakunze kwibasirwa n’ibiza.

Impanuka z’imodoka zikoreye ndetse n’izitwara abagenzi zikunze kubera aha hantu.
Yagonze igikuta cy’Ibitaro ihita igwa aho, batatu nabo bahasiga ubuzima.
Iyi modoka yamanutse aha yiruka igonga ipoto, ikomereza ku gikuta cy’Ibitaro bya Gisenyi.

Related posts

Kigali: Imvura nyinshi yaguye yishe abantu babiri inasenya inzu.

N. FLAVIEN

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madame bunamiye Intwari z’u Rwanda.

N. FLAVIEN

Abahanzi Vestine na Dorcas batandukanye na Murindahabi Irene wari umujyanama wabo

N. FLAVIEN

1 comment

Eugene HARERIMANA December 10, 2022 at 12:22 PM

Impanuka zirakabije, muri iki gitondo kuri Radio Rwanda barimo bajya impaka ku cyakorwa ngo ikibazo gikemuke! Hatungwaga agatoki abashoferi (bamwe badafite ubumenyi bwo gutwara kuri category imodoka ziba ziriho cyane cyane imodoka nini, imihanda mito cyangwa iri ahantu hashyira transportation muri risk, imodoka zishobora zidakoze kuburyo zijyanye n’imihanda yacu……..
Ni ugushaka igisubizo kuko abantu bari kuhashirira!!

Reply

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777