Amizero
Ahabanza Amakuru Politike Ubukungu Umutekano

Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, imfura ya Perezida Museveni yagarutse i Kigali [AMAFOTO]

Imfura ya Perezida Yoweli Kaguta Museveni wa Uganda akaba n’umujyanama wihariye wa se, Lt. General Muhoozi Kainerugaba, kuri uyu wa Mbere tariki 14 Werurwe 2022 yagarutse mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.

Iyi mfura ya Perezida Museveni, ni Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka muri Uganda, akaba agarutse mu Rwanda nyuma y’igihe gito agiriye uruzinduko rw’amateka, aho Muhoozi Kainerugaba yagiranye ibiganiro na Perezida Paul Kagame ku mubano w’Ibihugu byombi wajemo igitotsi.

Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 22 Mutarama 2022, mu ruzinduko rw’umunsi umwe, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba yageze i Kigali mu ruzinduko rw’akazi rwiswe urwo gutsura umubano, akaba yaraganiriye na Perezida Paul Kagame, we akunze kwita ‘Uncle’ we. Nyuma y’urwo ruzinduko, Muhoozi yanditse kuri Twitter ko urwo ruzinduko rwabaye ruhire kandi ko umusaruro warwo ugiye kugaragara vuba.

Tariki 07 Werurwe 2022, nibwo imipaka yo ku butaka yose y’u Rwanda yafunguwe harimo imyinshi ihuza u Rwanda na Uganda maze Lt Gen Muhoozi yifashishije Twitter, ashimira Perezida Kagame wafunguye imipaka, ahamyako azagaruka vuba kumushimira no gukomeza kuganira ku bitarakemuka neza.

Mu mwaka 2017, umubano w’u Rwanda na Uganda wajemo igitotsi, ibintu byateye ingaruka zitandukanye ku baturage b’Ibihugu byombi, zirimo no gufunga imipaka.

Uganda yashinje u Rwanda kwivanga mu butegetsi n’ubutasi butemewe naho u Rwanda rushinja Uganda gucumbikira no gufasha abashaka guhungabanya umutekano warwo.

Gen Kainerugaba, ukunze kwita Perezida Kagame ‘data wacu’, yagiye atangaza kuri Twitter ko bombi bari kugira uruhare mu kongera kubanisha neza ibihugu bivandimwe ndetse agaragaza ko uzagerageza kubangamira kimwe muri ibi Bihugu azahura n’akaga.

Akigera ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, Kainerugaba yakiriwe na Chargé d’Affaires wa Ambasade ya Uganda i Kigali, Anne Katusiime, Brigadier General Willy Rwagasana ukuriye abashinzwe umutekano w’abayobozi bakuru b’Igihugu n’umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, RDF, Col Ronald Rwivanga.

Yakiriwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali

Photos: RBA

Related posts

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madame bunamiye Intwari z’u Rwanda.

N. FLAVIEN

Umuhango wo gutabariza Umwamikazi Elizabeth II witabiriwe n’abasaga miliyoni.

N. FLAVIEN

M23 ishinja FARDC kurasa ibisasu biremereye ku baturage bari mu duce igenzura

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777