Ishyaka rya CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi ryatoreye Perezida Évariste Ndayishimiye kuzaribera umukandida mu matora ya perezida wa Repubulika ateganyijwe kuba mu mwaka utaha nk’uko byatangajwe na CNDD-FDD mu butumwa bwashyizwe ku mbuga nkoranyambaga.
Icyo cyemezo cyafashwe mu nama idasanzwe y’iminsi ibiri ya komite nkuru y’iryo shyaka yarangiye ku wa gatandatu, yabereye muri Seminari Nkuru yitiriwe Jean-Paul II mu murwa mukuru Gitega.
Mu ijambo yavuze ryo kwemera kuba umukandida, Ndayishimiye yarahiriye ko atazigera ahemukira abaturage kandi ko azakora ibiteza imbere ishyaka n’igihugu no kubahiriza amategeko.
Mu butumwa yatangaje nyuma ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Ndayishimiye yashimye abamutoye, yongeraho ati: “Ko twakoze mugashima, mbemereye gukomeza ikivi, turi kumwe twese, kugira ngo Umurundi wese atunge kandi atunganirwe.”
Évariste Ndayishimiye, w’imyaka 57, ari ku butegetsi kuva mu mwaka wa 2020. Itegekonshinga ry’u Burundi ryemera manda ebyiri zikurikiranye kuri perezida, buri imwe y’imyaka irindwi.
Mu butumwa yatangaje ku rubuga rwa X, CNDD-FDD isubiramo amagambo ya Ndayishimiye muri iyo nama ashima abarwanashyaka bayo “kuko bigaragara ko bari ku murindi mwiza w’iterambere”.

