Amizero
Amakuru Umutekano

Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Ingabo z’Igihugu RDF.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, kuri uyu wa Gatanu tariki 04 Kamena 2021, yazamuye mu ntera abarimo Major General Mubarakh Muganga wahawe ipeti rya Lt General anamugira Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka.

Izi mpinduka zakozwe mu nzego nkuru z’Igisirikare cy’u Rwanda RDF, zatangajwe kuri uyu wa 4 Kamena 2021, mu Itangazo rigenewe abanyamakuru ryashyizwe hanze.

Lt General Mubarakh Muganga, wari usanzwe ari Major General, yari akuriye ingabo mu mujyi wa Kigali no mu Ntara y’Uburasirazuba, asimbuye Lt General Jean Jacques Mupenzi kuri uwo mwanya, nawe (Mupenzi) wahawe kuyobora ingabo zirwanira mu kirere (Air force)

Lt General Mupenzi, yasimbuye kuri uwo mwanya Major General Emmanuel Bayingana, wari ukuriye abasirikare barwanira mu kirere. Uyu Bayingana (se wa Miss Bahati Grace) akaba yagizwe umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ingabo MINADEF.

Related posts

Manirafasha Jean de la Paix wari Visi Meya wa Burera yakatiwe gufungwa imyaka ibiri n’igice azira ruswa n’ibindi.

NDAGIJIMANA Flavien

BAL: Amakipe azakina umukino wa nyuma yamenyekanye (Amafoto)

NDAGIJIMANA Flavien

Menya byinshi ku munsi mukuru wa Eid al-Fitr bakunze kwita ‘Irayidi ntoya’.

NDAGIJIMANA Flavien

3 comments

Mutesa June 5, 2021 at 7:48 AM

#RDF oyee!! #Paul Kagame oyee !!! Igisirikare cy’u Rwanda kimaze kugira abajenerali benshi kandi b’abahanga. Afande Muganga ndamukunda cyane rwose kuba ahawe ingabo zo ku butaka azabigeraho kuko aharanira gukora neza ibyo ashingwa gukora

Reply
Kabano June 5, 2021 at 9:09 AM

Amaraso mashya ahora akenewe cyane cyane mu nzego nk’izi zifite ubuzima bw’Igihugu mu biganza

Reply
Mukiza Kazo June 5, 2021 at 9:12 AM

Harya ubundi aba bayobozi basimbuye bande ku myanya? Mutubwire Muganga asimbuye nde ku mugabo w’izo ku butaka, yagiyehe? Mupenzi se we asimbuye nde mu kirere, yagiye he ?

Reply

Leave a Comment