Amizero
Amakuru Amakuru mashya Ubukungu

Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwatanze akazi ku banyarwanda barenga ibihumbi 92

Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bukomeje kugira uruhare rukomeye mu iterambere ry’ubukungu, aho bumaze gutanga akazi ku banyarwanda barenga ibihumbi 92, ari nako butanga umusaruro w’amafaranga yinjira mu gihugu arenga miliyari  buri mwaka.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, yabigarutseho kuri uyu wa 2 Ukuboza 2025, ubwo yatangizaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, aboneraho gushimira abashoramari bagize uruhare mu guha akazi Abanyarwanda barenga ibihumbi 92 muri uru rwego.

Iki gikorwa kiri kuba ku nshuro ya munani, cyitabiriwe n’abarenga 2000 barimo abashoramari barenga 100. Gifite insanganyamatsiko igaruka ku bucukuzi bugezweho, bubungabunga ibidukikije kandi burambye.

Minisitiri Nsengiyumva yavuze ko icyumweru nk’iki ari umwanya mwiza wo gusangira ibitekerezo no kurebera hamwe aho igihugu kigeze mu guteza imbere uru rwego, yizeza ko Leta izakomeza gushyigikira ubucukuzi bufitiye igihugu akamaro, bufasha abaturage kandi burengera ibidukikije.

Umuyobozi wa RMB, Alice Uwase, yavuze ko uru rwego rumaze gutera intambwe ikomeye, ruvuye mu bucukuzi gakondo rwerekeza ku ikoreshwa ry’ikoranabuhanga rigezweho. Yasabye abashoramari gukomeza gushora imari mu bijyanye no kongerera agaciro amabuye acukurwa mu Rwanda.

Yongeyeho ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bukomeje gufasha ubukungu bw’igihugu, ndetse hari gahunda yo gukomeza gutunganya no guteza imbere ubucukuzi bufite ireme.

Itzhak Fisher, Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya RMB, yavuze ko hifashishwa ikoranabuhanga mu gushakisha ahari amabuye y’agaciro, ndetse ubu hari ahantu 52 hirimo gukorerwa ubushakashatsi ku mabuye nka lithium, 3Ts, zahabu n’andi.

Yibukije ko muri Gicurasi 2025, RMB yamuritse igitabo cyerekana uduce 10 dushya dukize ku mabuye y’agaciro ku buso bwa hegitari zisaga ibihumbi 13, agasaba abashoramari kubyaza umusaruro ayo mahirwe. Yatangaje kandi ko ku wa 3 Ukuboza 2025 hazamurikwa igitabo gishya kirimo andi makuru mashya.

Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bwatangiye mu 1930. Mu myaka ya vuba, bwinjije amafaranga menshi cyane, aho mu 2024 bwinjije miliyari 1.7 buvuye kuri miliyoni 373 mu 2017. Rwanda rucukura cyane wolfram, gasegereti na coltan, bifashishwa mu gukora ibyuma bikomeye.

Abarenga 2000 bitabiriye icyumweru cyahariwe amabuye y’agaciro mu Rwanda

Related posts

M23 yiyemeje kwimura ingabo zayo ziri muri Walikale Centre no mu nkengero.

Muntu Clarisse

Perezida Paul Kagame yayoboye Inama ya Komite Nyobozi ya FPR Inkotanyi.

N. FLAVIEN

Mantis Kivu Queen Hotel ireremba mu kiyaga cya Kivu yakoze impanuka igonze ikibuye.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777