Amizero
Ahabanza Amakuru Ubutabera

Manirafasha Jean de la Paix wari Visi Meya wa Burera yakatiwe gufungwa imyaka ibiri n’igice azira ruswa n’ibindi.

Kuwa Kane tariki 25 Ugushyingo 2021, Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwahamije ibyaha birimo ibya ruswa, bwana Manirafasha Jean de la Paix wahoze ari Visi Meya w’Akarere ka Burera Ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage, rumuhanisha igifungo cy’imyaka ibiri n’igice, akanatanga ihazabu ya Miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda (5,000,000Frw).

Bwana Manirafasha Jean de la Paix, yaregwaga hamwe na bagenzi be barimo Habimana Fidèle, Dusengemungu Emmanuel, Mbatezimana Anastase na Kwizera Emmanuel, baburanishwa n’ Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze. Urubanza rwabo rwaratinze, ndetse bamwe mu barukurikiraniye hafi bagiye bagaragaza ko kuba uregwa yari Umuyobozi bishobora kuba byaratumaga atitaba bigatuma rutinda.

Aba bagabo, ubushinjacyaha bwari bubakurikiranyeho ibyaha birimo gufata icyemezo cy’itonesha, ubucuti, icyenewabo na ruswa n’icyaha cyo gukoresha umutungo wa Leta icyo utateganyirijwe no gutanga amasoko ya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ubwo Ubushinjacyaha bwasobanuraga icyifuzo cyabwo muri uru rubanza, bwari bwasabiye abaregwa gufungwa imyaka irindwi ndetse no gutanga ihazabu ya Miliyoni 5 nk’uko tubikesha Ukwezi.

Ubushinjacyaha kandi bwari bwasabye Urukiko gushyiramo umwihariko kuri Manirafasha Jean de la Paix kubera uburemere bw’ibyo yakekwagaho.

Kuri uyu wa Kane tariki 25 Ugushyingo 2021, nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Musanze rwasomye umwanzuro warwo, maze ruhamya Manirafasha Jean de la Paix gufungwa imyaka ibiri n’igice n’ihazabu ya Miliyoni 5 Frw mu gihe bagenzi be bahanishijwe gutaga ihazabu ya miliyoni imwe (1,000,000Frw) kuri buri umwe.

Related posts

Kwita izina: Abana 20 b’Ingagi bagiye guhabwa amazina mu Kinigi.

N. FLAVIEN

Kigali: Umwe mu bana bakoze impanuka mu modoka y’ishuri yitabye Imana.

N. FLAVIEN

Musanze: Kingdom School yarenze kuba ikigo ihinduka urugo kubera ubwitange n’ubupfura. “Ababyeyi”.

N. FLAVIEN

1 comment

Jean Marie November 27, 2021 at 11:50 AM

Abantu birukira politic baragowe !!! iyo yigumira mu bwarimu! Aho yariyarigishirije hari uwari yaramufunze? Yakoraga ayo manyanga azi ko Ari Ayo mumufuko we? Cg yari aziko Ari umurage wababyeyi arikurya??? Ubutabera bwubahwe kd butumbagire hajuru cyane!!!!!!🙏🙏🙏🙏💯

Reply

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777