Umuvugizi mu bya gisirikare wa AFC/M23, Lt Col Willy Ngoma, yiciwe mu gitero cy’indege nto z’intambara zitagira umupilote (drone) cy’ingabo za Leta ya DR Congo, FARDC mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri, nkuko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru Reuters, RFI, Jeune Afrique, BBC n’ibindi bitangazamakuru mpuzamahanga.
Reuters yasubiyemo amagambo y’umudipolomate wo mu karere, umutegetsi mukuru wo mu nyeshyamba n’umujyanama wa Leta ya DR Congo wo mu burengerazuba bw’Isi. Kugeza magingo aya ariko nta makuru yemeza uru rupfu aremezwa na M23 ndetse n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa ku rupfu rwa Lt Col Ngoma.
Ibi bibaye mu gihe ibikorwa by’agahenge bigirwamo uruhare na Qatar bikomeje, aho Kinshasa na M23 byasinye amasezerano i Doha yo gushyiraho uburyo buhuriweho bwo kugenzura agahenge, burimo indorerezi za Qatar, Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika.
Iki gitero cyahitanye Lt Col Willy Ngoma cyabereye hafi y’agace ka Rubaya, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ahagana mu ma saa cyenda z’ijoro, nkuko Reuters ibitangaza, kikaba kibaye nyuma y’iminsi havugwa ibitero bya ‘drone’ muri ako gace, M23 ikabishinja Igisirikare cya Leta FARDC n’ubwo FARDC yo ibihakana.
Amakuru avuga ko Col Willy Ngoma yari yaraye mu nzu iri mu gikuyu (ahororerwa inka) cyo kwa Gasuku hafi yo mu Rubaya, agace karimo ikirombe cy’amabuye y’agaciro cya Rubaya, gicukurwamo hafi 15% bya coltan icyenerwa ku Isi hose.
Uretse uyu Willy Ngoma, bivugwa ko hari n’abandi baba bapfanye nawe ndetse ngo hakaba hanakomeretse benshi kuko ngo yari kumwe n’abandi bayobozi bakuru muri M23 ariko aya amakuru akaba ataremezwa n’uruhande urwo ari rwo rwose. Uru rupfu rujya gusa nk’urwahitanye Col Castro wari ushinzwe ubutasi muri M23 nawe warasiwe hafi ya Kitshanga tariki 17 Mutarama 2024 ubwo yari kumwe na Col Bahati (Guverineri wa Kivu ya Ruguru) ariko we akarokoka.

