Itsinda ry’Ingabo z’u Rwanda (RDF) riyobowe na Maj. Gen Vincent Nyakarundi, Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, riri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ine mu gihugu cya Maroc, rugamije gushimangira umubano n’ubufatanye hagati y’ingabo z’ibihugu byombi.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Ugushyingo 2025, Maj. Gen Nyakarundi yakiriwe ku cyicaro gikuru cy’ingabo z’ubwami bwa Maroc giherereye i Rabat, aho yagiranye ibiganiro na Lt Gen Mohammed Berrid, Umugenzuzi Mukuru w’Ingabo z’iki gihugu.
Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda, ibi biganiro byibanze ku guteza imbere amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare yasinywe hagati y’u Rwanda na Maroc mu mezi ashize, aho impande zombi zagaragaje ubushake bwo gukomeza kunoza imikoranire isanzwe.
Nyuma y’ibiganiro byahuje abayobozi bakuru, hakurikiyeho inama yahuje impande zombi, yibanze ku bufatanye mu bijyanye n’uburezi, amahugurwa, ndetse n’uburyo ingabo z’u Rwanda zikomeje kugira uruhare rufatika mu kubungabunga amahoro mu karere no ku rwego mpuzamahanga.
Maj. Gen Nyakarundi aheruka muri Maroc muri Kamena 2025, mu ruzinduko rwasize hasinywe amasezerano afungura inzira y’ubufatanye burambye mu rwego rwa gisirikare hagati y’ibihugu byombi.
Uretse ubufatanye bwa gisirikare, kuva mu 2016 u Rwanda na Maroc bifitanye umubano ukomeye ushingiye ku bufatanye mu buhinzi, inganda, ingufu, imiti no mu bikorwa remezo. Aya masezerano mashya yitezweho kurushaho kwimakaza iryo koranabuhanga n’ubufatanye mu nzego zinyuranye.




