Abaturage bo muri Komini Minembwe, ihuza teritwari za Fizi, Uvira na Mwenga mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bavuga ko umutekano ukomeje kuzamo ibibazo nubwo Perezida Félix Tshisekedi yatangaje ko yemeye agahenge.
Nk’uko babitangaza, ihuriro ry’ingabo rishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa rikomeje kugaba ibitero muri aka gace, by’umwihariko hakoreshejwe drones. Imitwe ivugwaho kugira uruhare muri ibyo bitero irimo FARDC, ingabo z’u Burundi, umutwe wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda, hamwe n’ihuriro rya Wazalendo ririmo imitwe ya Mai Mai.
Ku wa 15 Gashyantare 2026, Perezida wa sosiyete sivile ya Minembwe, Mufashe Santos, yatangarije RFI ko nta kimenyetso kigaragaza ko imirwano yahagaze. Yavuze ko abaturage bakomeje kuraswa na drones zifitanye isano na Leta, kandi ko ibitero bikorwa amanywa n’ijoro.
Yagaragaje ko ibyo bitero byahitanye abasivili, bikanangiza imiyoboro y’itumanaho n’ibikorwa by’ubucuruzi byafashaga abaturage kubaho.
Mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashimye Perezida Tshisekedi ku cyemezo cy’agahenge kagomba gutangira kubahirizwa tariki ya 18 Gashyantare, zamwibukije ko amagambo agomba guherekezwa n’ibikorwa.
Ku rundi ruhande, umuyobozi wa AFC/M23, Corneille Nangaa, yatangaje ko iryo tangazo ari uburyo bwo kuyobya amahanga, ashimangira ko ubutegetsi bwa Tshisekedi budafite ubushake bwo guhagarika imirwano.


