Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yitabiriye ibirori byateguwe na Ambasade ya Algeria mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 71 Algeria imaze ibonye ubwigenge.
Algeria yabonye ubwigenge mu 1962 nyuma y’intambara y’igihe kirekire yatangiye mu Ugushyingo 1954. Uyu munsi mukuru wizihijwe mu Rwanda, wasize ishimangira umubano w’ubutwererane hagati y’ibihugu byombi.
Mu ijambo rye, Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko u Rwanda rwiteguye gukomeza gushimangira imikoranire isanzweho, anavuga ko hari gahunda yo kurushaho gushaka inzira nshya z’ubufatanye bwagutse hagati ya Algeria n’u Rwanda.
Ibihugu byombi bifitanye amateka y’imikoranire ishingiye ku nshingano za dipolomasi, umutekano, uburezi n’indi mishinga y’ubufatanye. Hari abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri Algeria, igihugu gikorera mu ndimi zitandukanye zirimo Icyarabu, Igifaransa n’Igi-Tamazight.
Kuva mu 1982, impande zombi zimaze gusinya amasezerano y’ubufatanye atandukanye mu nzego zirimo ubukungu, imibereho myiza, umuco, ubwikorezi bwo mu kirere, serivisi z’itumanaho, imikoranire ya polisi, inganda z’imiti, ubutabera, n’amashuri makuru.
Uyu mubano ugaragaza ubushake bw’impande zombi mu guteza imbere abaturage bazo biciye mu bufatanye burambye, cyane cyane mu bijyanye n’ishoramari n’ubuhinzi.



