Amizero
Ahabanza Amakuru Amakuru mashya Politike Trending News

Loni yasabwe guhagurukira imvugo zibiba urwango

Umujyanama mu bya gisirikare muri Ambasade y’u Rwanda mu muryango w’Abibumbye, Deo Mutabazi, yasabye Umuryango w’Abibumbye gufata ingamba zihutirwa zo guhangana n’imvugo zibiba urwango, agaragaza ko kutazikumira bifatwa nko kuzishyigikira cyangwa kuba umufatanyacyaha.

Yabitangaje ku wa 18 Gashyantare 2026, mu kiganiro cyahuje komite yihariye ya Loni ishinzwe ubutumwa bw’amahoro, aho yibukije ko amateka agaragaza ko imvugo z’urwango zibanziriza ibyaha ndengakamere birimo jenoside.

Col Mutabazi yashimangiye ko imvugo zibiba urwango atari ibitekerezo byigenga gusa, ahubwo akenshi ziba ari umugambi utegurwa kandi ugashyigikirwa n’inzego za Leta, zigamije kubanza kwambura abantu ubumuntu mbere yo kubibasira. Yagaragaje ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabanje kubwirizwa no gutegurwa binyuze mu mvugo n’ubukangurambaga byabamburaga agaciro n’uburenganzira bwo kubaho.

Yanaburiye ko imvugo nk’izo zidakwiriye kwitiranywa n’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo, ashimangira ko guceceka cyangwa kwirengagiza izo mvugo, by’umwihariko iyo zikorwa n’abayobozi, bishobora gufatwa nk’ubufatanyacyaha.

U Rwanda rwatanze ubu butumwa mu gihe muri DRC hakomeje kugaragara imvugo zibasira Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Mu bavuzweho gutangaza amagambo akakaye harimo umudepite Justin Bitakwira, wigeze kuvuga amagambo asesereza Abatutsi, ndetse n’uwahoze ari Umuvugizi w’ingabo za RDC, Sylvain Ekenge, watangaje kuri televiziyo y’igihugu amagambo yibasira Abatutsikazi. Nta rwego rw’ubutabera rwigeze rubakurikirana kuri ayo magambo.

Col Mutabazi yagaragaje kandi ko izi mvugo zijyana n’ibikorwa by’urugomo birimo ibitero by’indege z’intambara na drones mu bice bituwe n’Abanye-Congo b’Abatutsi, by’umwihariko muri Komini Minembwe, mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Yasoje asaba ibihugu bigize Loni kudatererana inshingano byo kurinda abari mu kaga, yibutsa ko kurwanya imvugo z’urwango ari intambwe ya mbere mu gukumira ibyaha byibasira inyokomuntu.

Colonel Deo Mutabazi yavuze ko kudazikumira imvugo zibiba urwango bifatwa nko kuzishyigikira cyangwa kuba umufatanyacyaha.

Related posts

Gakenke: Basabwe gutanga amakuru y’ahaba hakiri imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi itarashyingurwa mu cyubahiro.

N. FLAVIEN

Captain Maposo wa FARDC ari mu batwikiwe na M23 mu gifaru mu gace ka Ntamugenga

N. FLAVIEN

Ethiopia: Leta ivugako TPLF itavuye mu Ntara za Amhara na Afar ku bushake ko ahubwo yakubiswe inshuro.

N. FLAVIEN

Leave a Comment

EBONY88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Ebony88

Slot Gacor Hari Ini

Slot Deposit 10 ribu

Slot Gacor Hari Ini

Slot Online Gacor

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Aslivip88

Asli4D

Asli4D

Asli4D

RSU Alam Medica

RSU Jati Husada

RSU Bina Kasih

RSU Graha Husada

RSU Medika Mulya

Sobat777

Sobat777

Sobat777