Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama, yatangaje ko igihugu cye kizageza ku nteko rusange y’umuryango w’abibumbye icyifuzo cyo kwemeza ku mugaragaro ko ubucakara Abanyafurika bajyanywemo ari icyaha gikomeye cyakorewe inyokomuntu mu mateka y’isi.
Yabitangaje kuri uyu wa 15 Gashyantare 2026, asoza inama ya 39 y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yabereye i Addis Abeba muri Ethiopia. Perezida Mahama yavuze ko Werurwe 2026 ari bwo Ghana izashyikiriza Loni uwo mwanzuro, ishingiye ku biganiro n’ubufatanye byagezweho hagati y’ibihugu bya Afurika.
Perezida Mahama yagaragaje ko ubucakara bwagize uruhare rukomeye mu guhindura isura y’isi y’uyu munsi, kandi ko ingaruka zabwo zikigaragara mu busumbane bw’ibihugu, ivangura rishingiye ku ruhu n’icyuho mu bukungu hagati y’amahanga.
Yasobanuye ko iki cyifuzo kidamije gusa gusaba indishyi, ahubwo kigamije kwemera amateka uko ari no guha icyubahiro abakorewe ayo mahano.
Muri Ghana, ahazwi nka Cape Coast Castle ni hamwe mu hantu hakomeye hifashishwaga mu gukusanyirizamo Abanyafurika mbere yo kujyanwa mu bucakara bwambukiranyaga Atlantique. Mu 1979, hashyizwe ku rutonde rw’umurage w’Isi wa UNESCO kubera amateka akomeye hafite.


